Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Andy Bumuntu yerekeje mu gihugu cya Kenya aho yitabiriye igitaramo ‘Afro Fashion Cuisine’ azahuriramo na Maya Christinah Xichavo Wegerif [Sho Madjozi], umuraperikazi w’umunya-Afurika y’Epfo.
Uyu muhanzi uherutse
gushyira hanze indirimbo ‘Igitego’ yahagurutse ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga
cya Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023, ari kumwe
n’umucuranzi G-Flat ndetse na Didier usanzwe umufasha mu bikorwa by’umuziki.
Andy Bumuntu usanzwe ari
umunyamakuru wa Kiss Fm, azakorera igitaramo ahitwa Ngong Race Course, ku wa
Gatanu tariki 20 Ukwakira 2023.
Ngong Race Course ni
hamwe mu hantu hakunze kubera ibitaramo mu Mujyi wa Nairobi mu Mujyi wa Kenya.
Itsinda rya Sauti Sol rizwi cyane mu muziki wo mu Karere k’ibiyaga bigari,
ryataramiye igihe kinini muri kariya gace.
Iki gitaramo kandi Andy
Bumuntu azaririmbamo na Sho Madjozi, kizacurangamo aba Dj banyuranye bazwi
cyane muri Kenya nka Suraj, Drommer, DJ Seme na Karun. Kwinjira byashyizwe ku
mashilingi 2000 ndetse n'amashilingi 1500.
Andy Bumuntu aherutse
gushyira hanze Album yise "Pleasure and Pain" iriho indirimbo nka
Igitego, Free n'izindi. Mbere y’aho yari yasohoye indirimbo zakunzwe zirimo ‘On
Fire’.
Iyi ndirimbo yatumye uyu
muhanzi yigwizaho igikundiro yaba mu Rwanda no muri Kenya. Kugeza kuri ubu
ikaba ari nayo imaze kurebwa cyane ku rubuga rwa Youtube kuko imaze kurebwa na
Miliyoni 14.
Sho Madjozi bazahurira ku
rubyiniro yavutse tariki 09 Gicurasi 1992, abarizwa mu inzu ifasha abahanzi mu
bya muzika yitwa Epic. Akorana bya hafi n’abarimo itsinda rya Sauti Sol, Dj
Maphorisa, Marioo, umuraperi Darassa n’abandi.
Tariki 15 Nzeri 2019,
shene ya Youtube Colors y’urubuga rw’umuziki A Colors Show rwashyize kuri
Youtube amashusho ya Sho Madjozi aririmba indirimbo yise ‘John Cena’ aririmbamo
ubuhange bw’uyu mugabo mu mukino w’iteramakofe, uburyo afite imiterere idasanzwe
n’ibindi byasunikiye uyu mugabo gushakisha uyu mukobwa.
Mu 2019 Sho Madjozi wo
muri Afurika y’Epfo wubakiye ku njyana ya Hip-Hop yegukanye igihembo cya ‘Best
New International Act’ mu bihembo bya BET.
Benshi mu bahanzi bo muri
Afurika batumbiriye isoko ry’aho bavuka ari we ahanze amaso Isi yose muri
rusange. Indirimbo ze zatangiye gushakishwa na benshi nyuma y’uko umunyamerika
w’umuteramakofe John Cena agaragaje kunyurwa nazo.
Andy Bumuntu uzwi mu
ndirimbo nka ‘Valentine’, ‘On Fire’ amaze iminsi akora imyiteguro yitegura iki
gitaramo
Umucuranzi G-Flat umaze
igihe afasha Andy Bumuntu gusubiramo indirimbo ze bajyanye muri Kenya
Kananura Didier usanzwe ufasha mu muziki Andy Bumuntu bajyanye muri Kenya mu kwitegura y’iki gitaramo
Igitaramo cya Andy Bumuntu na Sho Madjozi kizaba ku wa 20 Ukwakira 2023
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'IGITEGO' YA ANDY BUMUNTU
TANGA IGITECYEREZO