RURA
Kigali

Element yashyizwe ku rutonde rw'abazitabira ABM Music Camp 2025

Yanditswe na: NKUSI Germain
Taliki:21/02/2025 21:53
0


ABM Music Camp 2025 iritegura guhuza abatunganya umuziki n’abahanzi baturuka muri Afurica y'Iburasirazuba n'Uburayi.



Umwe mu ba-Producer bakomeye mu Rwanda, Element, yashyizwe ku rutonde rw'abazitabira muri ABM (African Bureau of Music) Music Camp, ku rutonde rurerure rwatangajwe ku munsi w'ejo na ABM. 

ABM Music Camp ni igikorwa kimara iminsi 6 kigamije gufasha guhuza inganda z’umuziki z’Afurika y’Iburasirazuba n’izo m'Uburayi. 

Iri huriro rizabera munmurwa mukuru wa Uganda, Kampala, ahitwa African Bureau of Music Hub, kizahuza abatunganya umuziki, abahanzi, n'abandi bantu b’ingenzi mu ruganda rwa muzika, bagamije gukorana, gusangira ubumenyi, no gukora umuziki udasanzwe.

ABM Music Camp izatangira ku itariki ya 3 Werurwe 2025, ikomeze kugeza ku itariki ya 8 Werurwe 2025. Abahanzi, abatunganya umuziki ndetse n'abanditsi b’indirimbo, n’abandi bafite impano batandukanye bamaze kwemezwa mu ABM Music Camp, aho bagera kuri 18.

Urutonde rw'abahanzi n'abatunganya umuziki bazitabira muri ABM Music Camp 2025:

1. Fik Fameica

2. Eddy Kenzo

3. Karole Kasita

4. John Blaq

5. Winnie Nwagi

6. Dokta Brain

7. Azawi

8. Raja Music

9. Yo Kooki

10. Joci

11. 14k Bwongo

12. Mike Ouma

13. Sewa Sewa

14. Producer Andre

15. Producer Artin

16. Producer Chemical

17. Stukizzy 

18. Element Eleeeh

ABM Music Camp ni amahirwe y'agaciro, aho abahanzi n’abatunganya umuziki bazahurira hamwe, bagakorera ku mishinga myinshi, bakarushaho kuganira ku mibereho yabo n'uburyo bashobora kuzamura impano zabo.

Producer Element umwe mu bafite uruhare runini muri muzika nyarwanda

Eddy Kenzo, umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Uganda kandi afite ubunararibonye yasangiza abatari bake

Umuhanzikazi Karole Kasita uri ku rutonde rw'abazitabira ABM Music Camp

Fik Fameica waririmbye "Buligita", na we azitabira ABM Music Camp 2025






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND