Filime yitwa “Fight Like a Girl” yakinnyemo abarimo umunyarwenya Nkusi Arthur, Se Mazimpaka Jones Kennedy na Malaika Uwamahoro ihataniye ibihembo umunani mu bihembo bizwi nka “Africa Movie Academy Awards (AMA Awards)”, bizatangwa ku wa 29 Ukwakira 2023 i Lagos muri Nigeria.
Iyi filime yatunganyijwe kandi iyoborwa na Matthew
Leutwyler igaruka ku nkuru y’umugore w'umukongomanikazi wisanze akora mu birombe
byo gucukura amabuye y’agaciro bitari byemewe n’amategeko, nyuma aza gucika
abari baramufashe nk’umucakara atangira ubuzima bwo kuba umuteramakofi wabigize
umwuga.
Ni filime ishingiye ku nkuru mpamo y’umugabo wagwije ibigwi
mu mukino wa Boxing wamamaye nka Kibomango. Yakoresheje uyu mukino mu rwego rwo
kwirengera no gutabara abandi bahuraga n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’umubare
munini w’abagore wari mu buzima bubi.
Inkuru y’uyu mugabo wamamaye nka ‘Kibomango’ yatumye
benshi mu bagore n’abagabo bo mu Burasirazuba bwa Repubukika Iharanira
Demokarasi ya Congo bishyira hawe biga umukino wa ‘Boxing’ mu rwego rwo kwirengera
igihe batewe n’abanzi.
Ni inkuru yakoze ku mutima Matthew Leutwler usanzwe
utunganya filime yiyemeza kubakoraho inkuru. Icyo gihe yari mu Burasirazuba bwa
Congo, aho yakoreraga ibikorwa bye abinyujije mu muryango yashinze utegamiye
kuri Leta yise ‘We are Limitless’ wafashaga abanyeshuri n’abacitse ihohoterwa
muri Congo, kandi hari bamwe mu banyeshuri bo mu Rwanda wafashaga mu mibereho n’uburezi.
Ibi bihembo byatangiye gutangwa mu 2005. Muri rusange, ni filime ishingiye kuri Sifa w’imyaka 19 y’amavuko ushimutwa n’abitwaje intwaro bakamujyana gukora mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro. Nyuma y’imyaka ibiri abasha kubacika, aho amara iminsi itandatu mu mashyamba ya Congo ashaka inzira yamugeza mu Mujyi wa Goma kuhatangirira ubuzima bushya.
Hari inyandiko zigaragaza ko hari ikigo cyafunguwe
kitiriwe 'Kibamango' aho abagore n'abagaho bahurira bakiga umukino wa 'Boxing'.
Ikinyamakuru Francescatosarelli kivuga ko 'Kibamango'
ari mu ngabo zakoze urugendo rwa 200Km zigana mu Mujyi wa Kinshasa za
Laurent-Desire Kabila zigamije gukuraho ubutegetsi bwa Mobutu Sese Seko mu
1997.
Iyi ntambara yasize ijisho rye rivuyemo, nyuma aba
intwari ya Congo binyuze mu mukino wa Boxing. Uyu mugabo mu 1977 yarwanye
intambara arwanira AFDL ndetse na RCD-Gma. Akimara kugira ikibazo ijisho rye
rikavamo, yahagaritse kujya mu ntambara, atangira ibikorwa byo kwigisha abakiri
bato barimo abana bo ku muhanda umukino wa Boxing.
Umukinnyi wa filime Ama Qamata wakinnye muri iyi
filime yitwa Safi ahatanye igikombe mu cyiciro cy'umukinnyi mwiza wa filime
'Best Actress in Leading Role’.
Iyi filime kandi ihataniye igikombe mu cyiciro 'Best
Achievement in Screenplay', 'Best Achievement in editing', 'Best Achievement in
Cinematography', 'Best Achievement in Soundtrack', 'Best Achievement in
Production Design', 'Best Actress in Supporting Role' ndetse na 'Best Actor in
a Supporting role'
Yakinnyemo Malaika Uwamahoro ukina yitwa Marcella. Uyu
mugore asanzwe ari umukinnyi wa filime ukomeye wakinnye muri filime zirimo nka
'Notre Dame du Nil', 'Loveless Generation' yayobowe na Thomas Petkovzki, 'Shake
Hand with the devil' n'izindi.
Iyi filime yakinnyemo kandi Clarck Ntambwe ukina yitwa Aisha. Uyu
mukobwa ari mu bigishwe umukino wa 'Boxing' na Kibomango kuva afite imyaka 14
y'amavuko. Kuva icyo gihe yagiye yitabira amarushanwa anyuranye yatumye aca
agahigo mu Majyaruguru y'Intara ya Kivu muri Congo.
Iyi filime igaragaramo kandi Nkusi Arthur washinze
Arthur Nation. Ni umunyarwenya ubimazemo igihe kini ategura ibitaramo bya Seka
Live. Arazwi cyane binanyuze muri filime zirimo nka 'Shooting Dogs', 'Operation
Turquoise', 'Missing Pillars', 'Shake hands with the devil' n'izindi.
Bahali Ruth wahatanye muri Miss Rwanda 2022 ari mu
bakinnye muri iyi filime. Uyu mukobwa aherutse kugira uruhare mu itegurwa
ry'amashusho y'indirimbo 'Fou de Toi' ya
Element, Ross Kana na Bruce Melodie.
Amaze kugaragara mu mikino inyuranye irimo iyo
yakinnye mu iserukiramuco Ubumuntu Arts Festival, kandi yakinnye muri filime
zirimo 'Left to tell', anakina mu mikino irimo 'Tarama Nige', 'Kwibohora 25', 'Cafe
Litteraire' n'izindi.
Iyi filime kandi yakinnyemo Kennedy Mazimpaka wigaragaje
cyane nyuma yo kugura uruhare muri filime '100 Days' yo mu 1998 yayobowe na
Nick Hughez.
Yanagize uruhare muri filime 'Shooting Dogs' yo mu
2005 yayobowe na Michael Caton Jonez. Mu 2007,' Kennedy yakinnye muri filime
'Shake Hands with the devil' ya Roger Spottizwoode.
Ni umugabo w'ibigwi muri cinema y'u Rwanda, benshi
bamwibuka nk'umwe mu batangije uburyo bwo gusobanura filime mu Kinyarwanda.
‘Kibomango’ mu 1977 yabaye umwe mu barwanyi barwanye
ku ruhande rwa AFL ndetse na RCG- Goma mbere y’uko agira ikibazo cy’ijisho
Kibomango yaramamaye cyane mu mukino w’iteramakofe kandi yahesheje Igihugu ishema
Kibomango afite abana batatu [Umuhungu n’abakobwa
batatu] yabyaye ku bagore batandukanye
Kibomango yigishije urubyiruko rwinshi kwirwanaho
binyuze mu mukino wa Boxing; yigishije abarimo Claude (20), Fabrice (18),
Kibomango (35), Fabrice Jeff (17), Fabrice (18), Eritie, Fikir, Amadi (15) [Uhereye ibumoso ujya iburyo]
TANGA IGITECYEREZO