FPR
RFL
Kigali

Gen-Z Comedy: Fally Merci yashoye make yinjiza akayabo arema ibyishimo bya rubanda

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:28/09/2023 13:39
1


Umuyobozi mukuru wa Gen-Z Comedy,Fally Merci ahishiye byinshi abakunzi be birimo n’ibyishimo binyuze mu mushinga yateguye wo gutoza abanyarwenya barenga 92.



Gen-Z Comedy ni igitaramo cy’abanyarwenya kiba kabiri mu Kwezi kimaze kubaka izina.Cyatangiye cyitabirwa n’umubare mbarwa ariko bigeze aho abantu bitabira ari benshi bakabura aho bicara.

Fally Merci wakuze yibona mu ishusho yo gukina umupira,byarangiraga no mu kibuga atera abakinnyi urwenya bigatuma avumbura ko urwenya rwe rwamuhira kuruta gukina umupira.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Fally Merci yagarutse ku gitekerezo cy’umushinga we n’intumbero ye mu gutoza abanyarwenya barenga 92.

Umunyarwenya Fally yavuze ko iki gitekerezo cyaje muri Coviv19, agatangira kwitabira ibitaramo by’abanyarwenya byinshi, nyuma yigira inama yo gukora ihuriro ry’abanyarwenya batozwa kinyamwuga,bagashakirwa akazi bitewe n’impano zabo.

Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byimuwe muri Mundi Center nyuma y’ubwiyongere bw’abantu budasanzwe,byimurirwa muri Cump Kigali.Ku ikubitiro salle ya Cump Kigali yahurijwemo aba banyarwenya n’abaje guseka no kurahura ibyishimo,nayo yahise yuzura benshi barahagarara.

Umunyempano Fally yatangaje ko yahereye kuri bike  afite abibyaza umusaruro nyuma bigenda bikura,binyuze mu nama yahawe n’abanyarwenya bagenzi be,atangira kwirwanaho biramuhira.

Uyu musore ukiri muto,yatanze umusanzu ku rubyiruko mu guhanga umurimo binyuze mu mpano yabo bakiteza imbere.Abarenga 92 bari gutozwa kugira baziteze imbere binyuze mu gutambutsa urwenya,bafashijwe na Gen-Z Comedy.

Kuya 5 Ukwakira 2023 hateganijwe igitaramo cya Gen-Z Comedy  kizahuza abanyarwenya batandukanye ndetse benshi bakisanzura ,bakishima,bakaruhuka dore ko benshi baba bakeneye ibi bihe.

 

Byatangiye hitabirwa mbaga,bigeze aho bamwe baseka bahagaze


Fally Merci wakuze akina umupira,byarangiraga atera urwenya no mu kibuga


Gen-Z Comedy itumira abahanzi batandukanye ndetse n'abandi banyarwenya bakomeye mu Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwamariya queen5 months ago
    Mwiriwe Nitwa Queen uwamariya Ntuye Nyamagabe Mwambabariye mukamuza na merci?





Inyarwanda BACKGROUND