Kigali

Ijambo rya nyuma Nyiramana yabwiye umubyeyi we mbere yo kwitaba Imana

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:5/09/2023 12:00
2


Umubyeyi wa Nyiramana Chantal yavuze ko yarwaje umwana we kugeza ku munsi ashiramo umwuka,ndetse avuga ibihe bya nyuma n’amagambo yamubwiye asa n’umusezera.



Umubyeyi wa Nyakubyara Chantal wamenyekanye nka Nyiramana muri filime ya Seburikoko,witabye Imana azize uburwayi,yarwajwe n’umubyeyi we kugeza ku mwuka we wa nyuma,ndetse agira amagambo amubwira ya nyuma.

Ubwo nyina wa Nyiramana yari amurwaje mu masaha ya nijoro,Nyiramana yahamagaye nyina avuga ati “ Maaa byuka unsengere”.Nyina yarabyutse arasenga yiragiza Imana,asaba ko yabarinda bakava mu bitaro amahoro,asoje gusenga umwana we Nyiramana aramubwira ati “Urakoze”.

Uretse kuba yarasabye nyina kumusengera no kumuragiza Imana,niyo yajyaga gukina filime mu minsi ye ya mbere yo gufatwa n’uburwayi,yasabaga ko bamusengera nk'uko mugenzi we bakinanaga Siperansiya yabitangaje.

Nyina wa Nyiramana yatangaje ko umwana we atigeze amurushya kandi ko yasinziriye mu mahoro,ndetse ko atazigera amwibagirwa,kuko yamuruhanye kuva mu bwana kugeza akuze.

Nyuma yo kumusabira no kumuragiza Imana,Nyiramana yahise ashiramo umwuka,ndetse asinzirira  mu kwizera.Nyina umubyara yashimiye Imana yamumuhaye ikaba inamwisubije.


Nyiramana yabwiye nyina ati "Maaa byuka unsengere" iri jambo rya nyuma yabwiye nyina ryasize ibyiringiro mu mitima ya benshi


Ntazibagirana mu mitima y'abakunzi ba filime ndetse n'inshuti babanaga umunsi ku munsi 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kabasinga Gloriose1 year ago
    Bihangane
  • Kuki1 year ago
    Mu kumushyingura indabyo zihenze zateguwe n'ibindi, ariko muti yararwaye abura n'uwamuzanira imbuto; isi ni uku iteye ariko "BIGOMBA GUHINDUKA"



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND