RFL
Kigali

Kwinjira ni ubuntu! Alex Dusabe agiye gukora igitaramo gisoza "East African Gospel Festival"

Yanditswe na: Patience Muhoza
Taliki:8/08/2023 18:13
0


Ivugabutumwa rikomereje mu gitaramo cyateguwe na East African Gospel Festival kikaba ari igitaramo giteganyijwemo byinshi harimo kubona amavuta y'umwuka wera binyuze mu ndirimbo zihembura imitima ya benshi.



East African Gospel Festival yamaze gutangaza igiterane kirimo ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo zihimbaza Imana, aho umuhanzi  Alex Dusabe azacuranga hafi amasaha 4,indirimbo ze zakunzwe cyane.

Ikigiterane giteganyijwe kuzaba tariki 11 Kanama, 2023 kizatangira  Saa Kumi n'Imwe  z'umugoroba, kizabera ahitwa   Imbugangari (Kigali Car Free Zone).

Biteganijwe ko abitabiriye iki giterane bazahabonera byinshi bitandukanye harimo n’umugoroba utazibagirana urimo guhimbaza  no kuramya  Imana.

Iritsinda rya  East African Gospel Festival rikora nk'ikiraro cyo kugira imbaraga zihindura binyuze mu ndirimbo ziramya Imana no kurwanya ibiyobyabwenge, ihohoterwa, gutwara inda ku bangavu n’agahinda gakabije

Intego yabo ni ukubaka ingamba nshya mu kurwanya ibi bibazo byugarije abatari bake hatangwa ibisubizo birambye  

Kwinjira  muri iki giterane ni ubuntu, KIzagaragaramo abahanzi batandukanye.

Mu kurema umugoroba w’ibyishimo, abategura ibitaramo bagaragaje ko bahishiye byinshi abazitabira aho batahise batangaza abandi bahanzi bazaba bahari ahubwo bavuga ko ari agashya bazabatungura kubona impano nyinshi zizerekanwa kandi zose zikoreshwa mu kuramya no  guhimbaza  Imana.

Buri wese aratumiwe ntawe uhejwe kuko azaba ari igitaramo cyerekana kwizera kwinshi mu mitima y’abantu.

Umuhanzi ufite amavuta agiye kongera guha abantu ibyishimo mu kuramya no guhimbaza Imana 

Igitaramo cya Alex Dusabe kiraba mu mpera z'iki Cyumweru  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND