Kigali

Ikamba ridasanzwe rizambikwa Miss South Africa 2023 ryashyizwe ahagaragara

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:8/08/2023 12:44
0


Mu gihe iminsi isigaye ngo hamenyekane Nyampinga wa Afurika y’Epfo 2023 iri kubarirwa ku ntoki, ikamba rishya kandi rishingiye ku mateka akomeye rizambikwa Nyampinga uzahiga abandi ryagiye ahagaragara.



Finale y’iri rushanwa ryo gushaka Nyampinga wa Afrika y'Epfo rimaze iminsi riba muri iki gihugu, iteganijwe kuri iki cyumweru, tariki 13 Kanama 2023.

Kuri uwo munsi uwatsinze ntazatahana gusa ishema ry’uko yabaye Nyampinga wa Afrika y’Epfo, ahubwo azambikwa n’ikamba rishya. Ikamba rishya ryiswe Mowana, bisobanuye 'Igiti cy'ubuzima'.

Mowana ni igitekerezo cya Ursula Pule, umuyobozi ushinzwe guhanga udushya akaba n’uwashinze Nungu Diamonds, umuterankunga ukomeye w’ikamba rishya rya Miss Afrika y'Epfo.


Mowana, ikamba rishya rizambikwa Miss South Afrika 2023

Pule, umaze imyaka itari mike akoresha ubuhanga bwe mu guhanga imitako, yakoze imitako itazibagirana ku byamamare nka Somizi Mhlongo, Connie Ferguson na Dineo Langa.

Ati: “Igitekerezo cyanjye cyaturutse kuri safari twafashe i Musina muri 2019; ku giti cyiza cya baobab, kizwi kandi nk’igiti cy'ubuzima. ”

Miss South Africa ibinyujije kuri instagram yabo yanditse iti: ‘Nyampinga mushya wa Afrika yepfo azambikwa ikamba rishya ryiswe Mowana, "Igiti cyubuzima".’

Bongeyeho bati: ‘Mugihe azaba abera intangarugero abakiri bato na ambasaderi wa Afrika y’epfo, azaba yitwaje uburemere bw’umurage wacu ndetse na mu bimenyetso bizwi cyane mu gihugu cyacu; igiti gisobanura ubuzima.’

Bati: ‘Baobab yubahwa cyane n’abagore, bakundwa nk’isoko y’ubuzima n’ibyiza. Byombi, ni ibimenyetso by’imbaraga no kwihangana. Izuba rya Afurika ryarashe ryakoreshejwe nk'ikigereranyo kigereranya izamuka rya Miss Afurika y'Epfo ku ngoma ye, bisobanura intangiriro y'ubuzima bwe bushya nk'umwamikazi.

Dutegerezanyije amatsiko menshi kubona Nyampinga mushya wa Afrika y’epfo yambara iri kamba ryiza kuri iki cyumweru, 13 Kanama kuri SunBet kuri Time Square muri Pretoria.

Nungu Diamonds, ku bufatanye n’umuryango wa Miss Afrika y’epfo, ni we muterankunga wihariye w’imitako n’imideli mu marushanwa ya Miss Afrika y’epfo mu myaka itatu iri imbere.


Abakobwa barindwi babashije kugera ku musozo w'irushanwa rya Miss South Africa 2023

Abakobwa bari mu irushanwa bagikubita amaso iri kamba, ibishimo n’amatsiko y’uzaryegukana byarushijeho kwiyongera. Kugeza ubu, muri iri rushanwa hasigayemo abakobwa barindwi aribo; Anke Rothmann - 23, Bryoni Natalie Govender - 26, Homba Mazaleni - 23, Jordan van der Vyver - 27, Melissa Nayimuli - 27, Nande Mabala - 26, Melissa Nayimuli w’imyaka 27.


Ndavi Nokeli, Miss South Africa 2022 wambaye ikamba kugeza habonetse umusimbura ku cyumweru

Miss Afrika y’epfo 2023 azatahana ibihembo n’inkunga zitandukanye bifite agaciro ka miliyoni zirenga R3 zingana na miliyoni 186,941,760.63 z’amafaranga y’u Rwanda. Uzegukana iri kamba, azasimbura Ndavi Nokeri, Nyampinga wa Afrika y’epfo w’umwaka ushize, 2022.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND