RFL
Kigali

Ishimwe ry’imyaka 3 ishize! Hymnos bagiye gukorera igitaramo cya mbere i Kigali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/06/2023 17:02
0


Itsinda rya Hymnos rigizwe na Mugiraneza Naomi na Dieumerci Dedo rizwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, ryatangaje ko rigiye gukorera ku nshuro ya mbere i Kigali igitaramo bazamurikiramo album yabo ya Gatandatu ‘Hymnons 6 Album Live Concert’.



Ni igitaramo cyagutse kizaba ku wa 22 Kamena 2023 kuri Crown Conference Nyarutarama. Dedo na Naomi babwiye InyaRwanda ko batekereje gukorera iki gitaramo mu Rwanda ku nshuro yabo ya mbere, kubera ko basanzwe bahakorera umurimo w’uburirimbyi.

Bati “Mu Rwanda ni mu rugo dusanzwe tuhakorera umurimo w’uburirimbyi mu matsinda atandukanye gusa nka Hymnos ni ubwa mbere tugiye kuhakorera igitaramo.”

Bakomeza bavuga ko iki gitaramo banagiteguye mu rwego rwo kubahiriza ubusabe bwa benshi, bari bamaze igihe babasaba gutaramana n’abo. Bakomeza bati “Dufite inshuti nyinshi zifuzaga ko twataramana, rero natwe tubitekereje tubona bikwiriye

Dedo na Naomi bazwi mu ndirimbo nka ‘Ndamahoro’ bavuga ko batari bataratinze gukorera igitaramo mu Rwanda, ahubwo igihe cyari iki Imana yabageneye.

Bati “Nicyo gihe Imana yashimye. Ni byiza ko mu gihe tugiriwe ubuntu dukora icyo Imana idushize ku mitima. Kandi twarabisengeye tubisaba Imana kandi twizeye ko Imana izadushoboza tugasohoza ubushake bwayo.”

Imyaka itatu irashize iri tsinda riri mu muziki w’indirimbo zihimbaza Imana, kuko batangiye mu 2020.

Ni imyaka yababereye myiza nk’uko babisobanura, bashingiye ku kuba Imana ibyo bakoraga byose byari biri ku mitima yabo, kandi Imana yarabashoboje n’ubu ‘dukomeje kubona ineza yayo’.

Iri tsinda risobanura ko mu gihe cy’imyaka ibiri ishize, bafite umunezero mwinshi ku bw’indirimbo Imana yabacishijemo zahembuye imitima yabo ndetse zinahembura benshi.

Bavuze ko Kristo yakoze umurimo ukomeye ‘tutabona uko twabisobanura wo kutwizera akatugabira umurimo we’. Bati “Ni umugisha udasanzwe. Kandi imitima yacu ihora ihimbaza Imana ku bw’ibyo.”

Dedo na Naomi bavuga ko mu rwego rw’imyaka itatu ishize hatabuzemo ibinaniza n’ibirushya nk’uko bigenda no mu rundi rugendo rw’ubuzima, ariko byose ‘twabonye ukuboko kw’Imana kandi byaduhindukiraga umunezero uko bwije n’uko bukeye kuko twari tuzo aho tugana.’

Iri tsinda rivuga ko ryinjira mu muziki ryubakiye ku kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Kristo, kuzana abantu kuri Kristo, kubahamagarira gukizwa bakakira Umwami Yesu bakabona ubuzima ‘natwe twahawe’.

Kuri bo, ni imigisha yose yo muri Kristo Yesu babonye, babinyujije mu ndirimbo, n’imibereho yabo ya buri munsi.

Iri tsinda riherutse kuririmba mu gitaramo cya James na Daniella bahurijemo abarenga 1000 cyabereye muri Kigali Convention Center.

Uburyo barrimbye muri iki gitaramo n’uburyo bitwaye, byagaragaje uburyo indirimbo zacengeye.

Dedo na Naomie bavuga ko kwandika indirimbo ntacyo bibandaho ahubwo ubutumwa bwose Imana ishyize ku mutima yabo ‘nibwo dutanga’.

Yaba indirimbo zivuga Umusaraba wa Kristo, iziramya ndetse zigahimbaza Imana, izihamagarira abantu gukizwa, izibutsa abantu imbabazi n’urukundo rw'Imana, izihumuriza zikanazana ibyiringiro, n’izindi Imana ibashyize ku mutima nizo basohora.

Bati “Imana icyo ishimye nicyo dutanga kandi byose tubifashwamo no gusenga hanyuma Imana Ikatuyobora uko Ibishaka.”

James [James na Daniella] aherutse gutangaza ko yanyuzwe n’uburyo iri tsinda riramya

Ubwo James yabakiraga ku rubyiniro mu gitaramo bakoreye muri Kigali Convention Center, yavuze ko afite umunezero mwinshi w’iri tsinda.

Ati “Baranejeje cyane. Ni abantu bafite umutima wo kuramya no guhimbaza Imana. Ni ubwa mbere bagiye kuririmba ku ruhimbi rwo mu Rwanda. Mfite umunezero mwinshi wo kubakira.”

Dedo na Naomi binjiriye mu ndirimbo bise ‘Majina yote mazuri’ yakunzwe mu buryo bukomeye, mu gihe cy’amezi arindwi ishize isohotse imaze kurebwa n’abantu barenga miliyoni 6 ku muyoboro wabo wa Youtube.

Iri tsinda ribarizwa mu gihugu cya Uganda. Barazwi cyane mu ndirimbo zirimo nka 'Niko Salama', 'Mwenye utukufu', 'Tumbira umusaraba', 'Ndaririmba intsinzi', 'Yesu Jina Nzuri', 'Nyiricyubahiro', 'Ni wowe mwami', 'Ninjye mpamvu', 'Ibyiza, 'Ndamahoro' n'izindi.

Iri tsinda ryishimiwe mu buryo bukomeye muri iki gitaramo, ahanini biturutse ku kuba indirimbo zabo zaracengeye zigera no mu Rwanda. Bamaze igihe bakorera ibitaramo ahantu hanyuranye cyane cyane muri Kenya.

Dedo na Naomi batangaje ko bagiye gukorera igitaramo cyabo cya mbere i Kigali, ku wa 22 Kamena 2023
Dedo na Naomi batangaza ko imyaka itatu ishize bari mu muziki babonye Imana
Dedo na Naomi bavuze ko bakoze indirimbo bashingiye ku cyo Imana yabashyize ku mutima 


Naomi, umunyamuziki wo mu itsinda Hymnos

KANDAHANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NDAMAHORO’

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND