RFL
Kigali

Umugisha Choir bavuye imuzi ubudasa bw’Imana mu ndirimbo “Uwiteka niwe mwungeri”-VIDEO

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:5/06/2023 18:54
1


Abaririmbyi ba Korari Umugisha yo mu itorero rya ADEPR Rugando mu Mujyi wa Kigali, bashyize hanze amashusho y’indirimbo “Uwiteka niwe mwungeri” yitsa ku budasa bw’Imana ndetse n’urukundo ikunda abana bayo.



Iyi ndirimbo nshya ya "Chorale Umugisha", ikubiyemo ubutumwa bwiza bwibutsa abizera Imana ko ubushobozi bwayo bugera kure kandi ko uwabanye n’Imana asubizwa intege mu bugingo bwe.

"Uwiteka niwe mwungeri "ni indirimbo ishingiye ku isomo ryo muri Bibiliya rigira riti “Uwiteka niwe mwungeri wanjye sinzakena, andyamisha mu cyanya cy’ubwatsi bubisi, ansubiza intege mu bugingo bwanjye…..”.

Iri somo riboneka muri Bibiriya mu gitabo cya Zaburi 23, kandi rihumuriza buri wese wizera Imana.

Maniraguha Eric "Maneri" umwe mu baririmbyi baririmba muri iyi Korari, aganira na inyaRwada, yagarutse ku isomo rikubiye mu ndirimbo yabo, maze avuga ko ikibahumuriza umunsi ku munsi ari uko Uwiteka ababereye byose.

Yagize ati “Chorale yifashishije iyi ndirimbo itanga ubutumwa bw'uko Uwiteka ari Umwungeri mwiza, uturagira neza, utumenyera ibidukwiye mu giye gikwiriye, akadusubizamo intege iyo twadohotse”.

Yakomeje agira ati “N'aho twanyura mu buzima bukomeye, cyangwa bubabaje hahandi umuntu abona asatiriye urupfu, duhumurizwa n'uko Uwiteka utubereye maso”.

Maniraguha Eric akaba umwe mu bayobozi b’iyi Korari yibukije abizera ko  gutinya no kwiheba bikwiye kurangira, maze agira ati “Ntidutinye ntitwiheba kuko turi kumwe n’Imana, kandi ibasha kubihindura byose bikaba byiza”.

Iyi ndirimbo yasojwe n’amagambo y’ihumure ku mukristo wese avuga ati “Kugirirwa neza n'imbabazi bye bizatwomaho iteka ryose, kandi umwiringiye wese imbabazi ze zimuhoraho”.

Ubuhanga n’ubunararibonye mu kuyitunganya bwaturutse kuri Producer Nicolas atunganya amajwi, afatanije na Birindwa Jea Claude watunganije aya mashusho meza.

Abaramyi ba Korari Umugisha ibarizwa muri ADEPR barashima ubufatanye bwa buri wese mu gushyigikira ibihangano byabo kandi bavuga ko ku bwo gufashwa n’Imana bazakomeza kuvuga ubutumwa bwiza,bamamaza kugira neza kw’Imana


 Uwiteka ababereye Umwungeri mwiza nabo barishimye




Ibyishimo bahorana iyo bahimbaza Imana babikura mu ijambo ryayo


Bashima Imana yabahaye impano nziza yo guhembura Imitima ya benshi


Bavuga ko ubuntu bw'Imana bubahagije kandi ko bazakomeza kuyikorera

KAN

">DA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YA KORARI UMUGISHA BISE " UWITEKA NIWE MWUNGERI"






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Steve9 months ago
    Mwarakoze cyane Bakozi b'Imana. Mukomeze mumfashe imitima ya benshi Kandi muzasarura ibyiza. Nukuri ineza y' Imana irahari Kandi iratugose. Amen 🙏





Inyarwanda BACKGROUND