Kigali

Iby'amashusho y'indirimbo Bruce Melodie yakoranye n'umuhanzi wa Gospel muri Kenya

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/06/2023 11:05
0


Umuririmbyi Kelvin Kioko Bahati [Bahati] uzwi cyane mu gihugu cya Kenya, ari kwitegura gushyira ahagaragara amashusho y’indirimbo yakoranye na Bruce Melodie, nyuma y’uko uyu mushinga bawushyizeho akadomo muri Werurwe 2023.



Umwe mu bashinzwe kureberera inyungu za Bruce Melodie, yabwiye InyaRwanda ko bavuye muri Kenya, barafashe amashusho y’iyi ndirimbo, kandi ko isaha n’isaha, uyu muhanzi wo muri Kenya yayishyira hanze, kuko iri mu maboko ye.

Ati “Birashoboka ko mu gihe cya vuba, Bahati azashyira hanze iriya ndirimbo, kuko twe ibyo twasabwaga twamaze kubikora.

Iyi ndirimbo igiye gusohoka mu gihe, Pallaso wo muri Uganda yasohoye indirimbo ‘Guwe Nze’ yakoranye na Bruce Melodie; John Floq wo muri Sudani y’Epfo nawe yasohoye indirimbo ‘Konjo Remix’ yakoranye na Bruce Melodie.

Bruce Melodie ni we wagize uruhare mu kubyutsa umubano hagati ya Harmonize na Bahati nyuma y’igihe cyari gishize badacana uwaka.

Indirimbo yakoranye na Bahati, yabaye umusaruro w’uruhare rwe n’uburyo asanzwe abanye n’uyu muhanzi, Bahati.

Uyu muhanzi ubarizwa muri 1:55 Am aherutse guhurira mu ndirimbo ‘Fou de toi’ yakoranye na Producer Element ndetse na Ross Kana.

Bahati wakoranye indirimbo na Bruce Melodie, ni umuririmbyi w’umunya-Kenya wavukiye muri karitsiye y’abakene ya Mathare mu Mujyi wa Nairobi. Yabuze umubyeyi we (Nyina) ubwo yari afite imyaka itandatu y’amavuko.

Aherutse kubwira BBC Africa ko Se yahise amuta we n’abavandimwe be, batangira ubuzima bwo kwishakira icyo kurya. Ati “Byari bigoye cyane.”

Izina rye rizwi cyane muri Kenya binyuze mu ndirimbo zihimbaza Imana. Ndetse, yanatsindiye igihembo cy’umuhanzi wa Gospel mu bihembo Afrima Awards.

Aherutse kuvuga ko ashaka gukora cyane, izina rye rikavugwa cyane muri Afurika, kandi agafasha urubyiruko rutishoboye.

Bahati uzwi mu ndirimbo nka ‘Mama' asanzwe afite umugore witwa Diana B nawe usanzwe ari umuririmbyi. Uretse abana be bwite, anafite undi mwana arerera yakuye mu kigo nawe yakuriyemo.

Ati “Kuba tubanye imyaka umunani (n'umugore we) binyibutsa aho navuye ariko cyane cyane bigatuma ndushaho gukomeza guca bugufi.”


Bahati ukurikirwa n'abantu barenga Miliyoni 3.4 kuri Instagram ari kwitegura gusohora indirimbo yakoranye na Bruce Melodie


Bahati avuga ko ubuzima yanyuzemo bumwibutsa guca bugufi, no guharanira gukorana n'abandi


Muri Werurwe 2023, nibwo Bruce Melodie na Bahati bafatiye amashusho iyi ndirimbo bakoranye


Bruce Melodie aherutse kugirwa 'Brand Ambassador' wa TECNO

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'FOU DE TOI' YA ELEMENT, BRUCE MELODIE NA ROSS KANA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND