Kigali

Jado Sinza yasabye abashumba kwita ku bahanzi babarizwa mu matorero

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:28/05/2023 16:18
0


Umuhanzi mu ndirimbo ziramya zigahimbaza Imana, Jado Sinza, yasabye abashuma b’amatorero kuzirikana abahanzi bashumbye, nk’uko babikora no ku bandi bakristu babarizwa mu ntama z’Imana baragijwe, kugeza Yesu aje gutwara itorero rye.



Ubwo yari kuri Flash Tv kuri iki Cyumweru tariki 28 Gicurasi 2023, Jado Sinza yataramiye abakunzi be, maze akomoza ku bashumba b’amatorero, abashishikariza gufasha abahanzi bakageza ibihangano byabo kure, umurimo w’Imana ukaguka.

Uyu muhanzi yumvikanishaga ko hari benshi bafite impano z’ubuhanzi zitandukanye kandi bafite ubushake bwo kwamamaza ijambo ry’Imana kure, ariko bakabangamirwa n’uko badafite ubushobozi bwo kubikora.

Yavuze ko ubufatanye bw’abahanzi hamwe n’abashumba bwatanga umusaruro mwiza, ndetse umuziki wa Gospel ukaguka benshi bakakira ubutumwa bwiza, ndetse benshi baboshywe n’imiruho y’Isi bagahumurizwa.

Jado avuga ko ubufasha bwatangwa n’abashumba bwageza kure umuhanzi, ndetse n’ibizitira ubuhanzi bikagabanuka, n’abari baritinye bagahabwa amaboko bagakora umurimo wa Yesu Kristo.

Uyu musore ukunzwe mu muziki uhimbaza Imana yavuze ko, zimwe mu mvune ziranga abahanzi zirimo, kubura gufashwa, bigatuma benshi bafite impano bazicarana kandi zari guhindura benshi.

Umuririmbyi Jado waranzwe no kuririmba akiri muto, yavuze ko indirimbo aherutse gushyira hanze “Gorogota” yakiriwe neza, ndetse avuga ko abakunzi b’ibihangano bye banyuzwe n’ubutumwa bukubiye muriyo, cyane cyane igitambo cya Yesu witanze kugira ngo akize umunyabyaha.

Ubwo yagarukaga ku buhanzi bwe yavuze ko azahora mu mahema y’uhoraho, kuko nta gisa no gusenga, no guhimbaza Uwiteka.

Ubuhanzi bwe bwatangiye kera ndetse amenyekana muri korari ikundwa n’umubare utari muto yitwa "Siloam" ibarizwa mu itorero rya ADEPR, nyuma aza kwagura impano ye atangira gukora indirimbo ze ku giti cye.

Avuga ko umuhamagaro we mu buhanzi utazigera uhagarara igihe cyose azaba agishobojwe guhumeka. Sinza Jado ashimira buri wese ugira icyo yigomwa kugira amube hafi.

Yasobanuye ko afite ibikorwa byinshi arimo gukora bizamura umuziki we, ndetse ko bidatinze azabitangariza abakunzi be, kandi ko ashimira Nyagasani wamuhisemo kugira ngo abe umwe mu bamamaza ishimwe ry’iyamuhamagaye.


Sinza Jado yasabye abashumba gufata amaboko y'abahanzi bakamenyekanisha impano ibarimo

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO "GOROGOTA" YA JADO SINZA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND