RFL
Kigali

WhatsApp yazanye uburyo bwo guhindura no gukosora ubutumwa

Yanditswe na: Nadia Kangabe
Taliki:23/05/2023 16:08
0


WhatsApp yatangaje ko abayikoresha bazajya babasha gukosora ubutumwa bwabo, ibisanzwe bikora ku bakeba bayo nka Telegram na Signal.



Kompanyi ya Meta ifite uru rubuga ari nayo nyiri Facebook na Instagram –yatangaje ko ubutumwa buzajya bushobora gukosorwa mu minota 15 nyuma y’uko bwoherejwe.

Mu byumweru biri imbere ni bwo ubu buryo buzatangira gukora ku bakoresha WhatsApp ku isi bagera kuri Miliyari ebyiri.

Mu Buhinde niho WhatsApp ifite isoko rinini ku isi kuko abayikoresha muri icyo gihugu bagera kuri Miliyoni 487.

BBC yatangaje ko itangazo ry’uru rubuga ryo kuwa mbere rigira riti: “Kuva ku gukosora ikosa rito ry’imyandikire kugera ku kongera cyangwa kuvana bimwe mu butumwa bwawe, dutewe amashyushyu no kubazanira kugenzura kurushaho 'chats' zanyu.

“Icyo ukeneye gusa ni ugukanda ukagumishaho gato ku butumwa wohereje maze ugahitamo 'Edit', kugeza mu minota 15 wohereje ubutumwa”.

Ubutumwa bwavuguruwe buzajya bugaragaraho inyandiko ya “edited”, kugira ngo uwabwakiriye amenye ko bwahinduwe.

Gusa ntabwo buzajya bwerekana ibyahinduwe cyangwa uko bwari bumeze mbere yo guhindurwa.

Iyi serivisi nshya ya WhatsApp ije nyuma y’uko izindi mbuga nkarwo za Telegram na Signal ziyitangije mu myaka hafi 10 ishize.

BBC yakomeje ivuga ko umwaka ushize, Elon Musk, nyir'urubuga rwa Twitter, yavuze ko rugiye guha abarukoresha ubushobozi bwo guhindura no gukosora ubutumwa batangaje.

Ubu ‘Tweets’ zishobora guhindurwa inshuro runaka mu gihe cy’iminota 30 zimaze gutangazwa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND