Kigali

Aherekejwe n’abarimo Alliah Cool, Juno Kizigenza yataramiye abanyeshuri b’ikigo yizeho abumvisha album-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/05/2023 10:33
0


Umuhanzi Juno Kizigenza uri mu bafite ibihangano bikundwa na benshi, yataramiye abanyeshuri bo mu kigo Agahozo Shalom Youth Villages (ASYV) aho yasoreje amashuri ye yisumbuye, abumvisha kuri album ye ya mbere agiye gushyira hanze yise "Yaraje."



Yataramiye aba banyeshuri ku wa Gatandatu tariki 12 Gicurasi 2023, aherekejwe n’abantu bazwi mu myidagaduro nka Producer Element, Dj Higa na Rusam, Amb. Isimbi Alliance [Alliah Cool];

Umusizi Junior Rumaga, Bahali Ruth witabiriye Miss Rwanda 2022, Promosse Kamanda, Producer Gad utunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, Nkotanyi Fleury ukore Video n’abandi.

Juno Kizigenza avuga ko byari amahirwe adasanzwe kuri we ‘kongera gusubira ku isoko yanjye ndi kumwe n’abo dukorana n’inshuti mu ruganda rw’imyidagaduro mu rwego rwo gusura ishuri Agahozo Shalom Youth Villages, ahantu heza, aho byose byatangiriye.”

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo nka ‘Away’ yakoranye na Ariel Wayz, avuga ko yagiranye ibihe byiza n’aba banyeshuri, abaganiriza ku rugendo rwe rw’ubuzima cyo kimwe n’umuziki, ndetse aboneraho no kubumvisha album ye ‘Yaraje’ azashyira hanze muri Kamena 2023.

Juno avuga ko byari ibihe by’umunezero binanyuze mu kubataramira n’ibiganiro byagutse bagiranye n’aba banyeshuri, yaba we ndetse n’abo bari bajyanye.

Umujyanama we Nando yabwiye InyaRwanda ko ari ku nshuro ya mbere Juno Kizigenza yari asubiye muri iki kigo nyuma y’imyaka yari ishize asoje amasomo.

Ati “Mu Agahozo niho yize, rero kuva yahava ni ubwa mbere yari agiyeyo, yari agiye kubumvisha album ye nshya, ajyana n’inshuti ze zo mu ruganda rw’imyidagaduro kugirango baganirize abanyeshuri bashaka gukora umuziki n’ibindi.”

Nando avuga ko aba banyeshuri aribo ba mbere babashije kumva iyi album Juno Kizigenza yitegura gushyira hanze.

Kizigenza ni umusore w’imyaka 23 y’amavuko wavukiye mu Karere ka Kicukiro mu Kagarama mu Mujyi wa Kigali. Avuka mu muryango w’abana barindwi.

Yarangije amashuri yisumbiye muri Agahozo Shalom Youth Villages (ASYV) mu 2019, aho yasoje amasomo mu Ishami ry’Imibare, Ubukungu n’Ubumenyi bw’Isi (MEG).

Yigeze kubwira InyaRwanda, ko yiga mu mashuri yisumbuye yahakoreye ibitaramo, ndetse ategura ibihembo ‘Opus’ byatwawe n’abanyempano mu ngeri zitandukanye bo ku ishuri n'abandi bo hanze y'Ikigo barimo Yvan Buravan.

Avuga ko ari kimwe mu bintu bikomeye yabashije kugeraho akiri ku ntebe y'ishuri. Asobanura ko ibi bihembo byategurwaga mu rwego rwo gushyigikira abanyempano, ariko baza no gutangira guha ishimwe umwe mu bahanzi bazwi mu Rwanda.

Ati “Twashyizemo icyiciro cy’umuhanzi ukunzwe n’urubyiruko rero batora Buravan turamutumira araza, ndetse adutera imbaraga atugira inama biri mu byanteye akanyabugabo.”

Kizigenza avuga ko yakuze akunda gukina umupira w’amagura akumva azawukomeza nk’umwuga ariko ageze mu mashuri yisumbuye yirundurira mu muziki.

Yavuze ko gukunda umupira ari nabyo byatumye Se amuha agatazirano ka ‘Kizigenza’ “kuko yabonaga ukuntu ncabutse muri byo ahita akampimba”.

Kizigenza avuga ko yagiriye ibihe byiza muri iki kigo aho 'byose byatangiriye'

Juno yavuze ko we n'abo bari bajyanye baganirije aba banyeshuri kubijyanye n'ubuzima bwa nyuma y'ishuri

Juno Kizigenza yaganirije abanyeshuri ku rugendo rwe rw'umuziki, ibihe yagiriye muri Agahozo Shalom Youth Villages n'ibindi

Amb. Alliah Cool yaherekeje Juno Kizigenza mu rugendo rwari rugamije kumvisha aba banyeshuri album ye yise 'Yaraje'

Abarimo Dj Rusam&Higa na Promesse Kamanda bizihiwe ubwo bari bageze muri Agahozo Shalom Youth Villages

Ibyishimo byari byose ku banyeshuri bajyaga bumva Juno Kizigenza bataramubona amaso ku maso- Uyu musore yamuhobereye bashirana urukumbuzi


Juno Kizigenza avuga ko muri Kamena 2023 ari bwo azashyira hanze album ye ya mbere yise 'Yaraje'






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND