Nubwo bamwe bigamba kugira ubuhemu, bigize icyaha ndetse amategeko y’u Rwanda abahana yihanukiriye.
Uko imisi yicuma, niko abantu babeshya abandi bagamije indonke benshi bita abatekamutwe bakomeza kwiyongera aho na bamwe babyigamba
bakavuga ko baba bishakira amafaranga.
Urugero nk’umuhanzi, umukinnyi cyangwa se undi muntu
uwo ariwe wese ashobora kugurisha ikintu mu buryo butari ubwa nyabwo agamije
uburiganya n’ubwambuzi bw’imitungo y’undi muntu.
Mu mategeko y’u Rwanda, umuntu ubeshya abandi agamije
kubiba (ubujura bushukana cyangwa uburiganya) aba akoze icyaha iyo abihamijwe n’urukiko
arabihanirwa.
Ingingo ya 174 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano
muri rusange (Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018) ivuga ko uburiganya ari ibikorwa
umuntu akora agamije gushuka abandi cyangwa kubatera kuyoba, kugira ngo
yigarurire ibintu byabo cyangwa inyungu zabo mu buryo butemewe.
Umuntu uhamijwe icyaha cy’uburiganya ahanishwa
igifungo cy’imyaka iri hagati ya 2 kugeza ku myaka 3, n’ihazabu iri hagati ya
miliyoni 3 kugeza kuri miliyoni 5 z’amafaranga y’u Rwanda.
Iyo iki cyaha gikozwe mu buriganya bw’inyemezamigabane,
inyemezamyenda, inyandiko zigereranywa n’amafaranga, ahanishwa igifungo kitari
munsi y’imyaka itatu n’imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga arenze miliyoni
eshanu ariko atarenze miliyoni zirindwi.
Iri tegeko risobanura ko iyo uburiganya bukorewe
abantu benshi cyangwa bikozwe hifashishijwe ibikoresho bya tekinoloji cyangwa
mu buryo buteza igihombo kinini, ibihano bishobora kwiyongeraho igice kimwe
cy’ibihano bisanzwe.
Iyo kandi umuntu yiyitiriye icyangombwa cy’undi mu
bikorwa by’uburiganya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe ahabwa igifungo kiri
hagati y’imyaka 2 kugeza ku myaka 5 ndetse n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 3
kugeza kuri miliyoni 5.
TANGA IGITECYEREZO