RURA
Kigali

Menya ingaruka zo kwangiza ibikorwaremezo ku bukungu bw’Igihugu n'uko zakumirwa

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:4/05/2023 22:03
0


Ibikorwaremezo ni ibikorwa Leta ikora igamije gushyigikira inyungu z’abaturage, ibigo bya Leta, abikorera cyangwa hagamijwe kwagura ubukungu bw’Igihugu, rero kubyangiza bijyana no kwangiza icyerekezo cy'abaturage mu iterambere ndetse n’Igihugu.



Ibikorwaremezo bifasha abanyagihugu ni byinshi birimo, kubakwa kw’imihanda, amashuri, amavuriro, n’ibindi byinshi byibanda ku nyungu z’abaturage.

Kwangiza ibikorwa remezo ni icyaha gihanirwa n’amategeko yaba mu Gihugu cy’u Rwanda cyangwa hanze yarwo.

Ingaruka zigera ku baturage cyangwa ku gihugu iyo byangijwe harimo guhagarara kwa bimwe mu bikorwa bitewe n'uko ibyo bikorwaremezo byangijwe, Igihugu guhora gishora amafaranga mu bikorwa ntibirambe ahubwo bikangizwa kigasabwa gushora andi ibyo bikongera ubukene n’ibindi.

Ingingo ya 182 yo mu Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko “Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 166 ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

CP Kabera umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda akangurira abaturarwanda kujya bihutira gutanga amakuru anaburira abafite ingeso mbi yo kwiba ibikorwaremezo ko Polisi izabafata aho bari hose.

Yavuze ati: ”Polisi ntabwo izarambirwa kurwanya abahungabanya umutekano w’abaturage. Turakangurira abaturage kugira uruhare mu kurinda ibikorwaremezo ariko bakanatanga amakuru igihe babonye abarimo kubyangiza.”






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND