RFL
Kigali

Mwiza Zawadi yasohoye indirimbo ya kane ihimbaza Imana yise ‘Warakoze’-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/02/2023 11:20
0


Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Mwiza Zawadi yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Warakoze’.



Ibaye indirimbo ya kane, uyu muhanzikazi ashyize hanze mu gihe cy’Umwaka umwe afashwa mu muziki n’inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Sunday Entertainment.

Zawadi yabwiye InyaRwanda ko iyi ndirimbo ikubiyemo amagambo yo gushimira Imana. Akavuga ko ari indirimbo yakwifashishwa na buri wese.

Ati “Iyi ndirimbo mu magambo macye ni gushima lmana ivuga ukuntu lmana ari nziza n'iyo umuntu ageze mu bigoye imukiza, nkumva nuzuye amashinwe nkashima mvuga ngo yikoreye ibindushya impa amahoro yo mu mutima nkashima mvuga ngo Data warakoze.”

Uyu mukobwa avuga ko umwaka wa 2022 wagenze neza mu rugendo rwe rw’umuziki, ashingiye ku buryo ibihangano bye byakiriwe n’imbaraga yashyize mu muziki we.

Zawadi avuga ko muri uyu mwaka wa 2023 ashyize imbere gukomeza gukora indirimbo zigarura abantu kuri Yesu Kristo, ibyiringiro by’ubuzima n’ibindi.

Ati “Gahunda ni ugukomeza gushyira imbaraga mu muziki wanjye. Ariko, ndasaba no gushyigikirwa muri uru rugendo.”

Avuga ko mu mashusho y’iyi ndirimbo yifashishijemo abaririmbyi bo mu matorero atandukanye n’abandi mu rwego rwo kunogereza amashusho yayo.

Mu buryo bw’amajwi (Audio) iyi ndirimbo yakozwe na Producer Santana muri Hi5 ni mu gihe amashusho (Video) yafashwe na Kayitare.

 

Mwiza Zawadi yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Warakoze’


Zawadi yavuze ko iyi ndirimbo yubakiye ku gushimira Imana ku byiza ikorera abantu


Mwiza Zawadi mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ye nshya yasohoye kuri uyu wa Gatandatu

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘WARAKOZE’ YA MWIZA ZAWADI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND