RFL
Kigali

Dore amafunguro abantu bageze mu zabukuru bakwiriye kwirinda

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:30/01/2023 18:53
0


Uko umuntu agenda akura ni ko akomeza kugira amakenga menshi no kwirinda bitandukanye n’umuntu usanzwe ukiri mu myaka micye.



Ni ingenzi cyane ko abantu bageze mu zabukuru bakomeza kurya amafunguro akungahaye ku ntungamubiri cyane ndetse bakanibanda ku kugabanya amafunguro amwe n'amwe ashobora kubagiraho ikibazo. Abageze mu zabukuru bagirwa inama yo kwirinda kurya amafunguro ashobora kubashyira mu kaga.

1.Amafunguro arimo isukari

Abageze mu zabukuru, bagomba kwirinda amafunguro arimo isukari ndetse bakanirinda cyane ‘Carbonated Soft drinks’, aha bavuga ko kurya amafunguro arimo isukari bituma umubiri ukora indi, ikaba nyinshi mu mubiri, ikiganza mu maraso bikaba byatuma umuntu ugeze mu zabukuru udashobora gukora imyitozo ngorora mubiri, arwara indwara ya Diabete.

2.Amafunguro atagira vitamin n’imwe atanga

‘Calories’ nyinshi zigaragara mu mafunguro y’inyama, aya mafunguro ntabwo aba ari meza ku bantu bageze mu zabukuru kuko biba ikibazo mu gihe ‘Calories’ zibaye nyinshi mu mubiri. Kuba umuntu ugeze mu zabukuru agorwa no gukora imyitozo ngorora mubiri, bituma asabwa kwirinda cyane binyuze mu byo arya ndetse n’ibyo anywa.

3.Amafunguro abamo ‘Sodium’ nyinshi

Gufungura amafunguro akungahaye kuri Sodium ntabwo bituma umubiri umererwa neza ndetse biranabuzanyijwe ku bantu bageze mu zabukuru. Bagirwa inama yo kugabanya ingano y’umunyu bafata ku munsi.

Nyuma y’aya mafunguro kandi, abantu bageze mu zabukuru ntabwo bagirwa inama yo gukoresha cyane ikizwi nka ‘Caffeine’ kuko bishobora kubateza umunaniro no kugira ikibazo. Caffein ishobora gutuma uyikoresha umutima we utera cyane.

Inkomoko: fleekloaded.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND