RFL
Kigali

Inkingi 3 z’ingenzi ku munyeshuri ushaka gutsinda amasomo ye neza mu ishuri

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:23/11/2022 10:41
0


Ubusanzwe kwiga ni ingenzi kandi buri munyeshuri asabwa gutsinda no gukora iyo bwabaga kugira ngo ashimishe amarangamutima ye mu gihe cyo gufata indangamanota. Mu by’ukuri hari inkingi akwiriye kwifashisha akabasha kugera ku ntego ze nk’umunyeshuri.



Binyuze mu butumwa bwacishijwe kuri Konti ya Twitter, Minisiteri y’Uburezi, yakebuye abanyeshuri ibarangira inkingi 3 z’ingenzi zishobora gutuma umunyeshuri atsinda. Ibi nibyo biranga umunyeshuri mwiza.

Umunyeshuri mwiza arangwa n’ibintu byinshi ariko hari iby’ingenzi bishobora no kumufasha gutsinda amasomo ye cyane. Muri iyi nkuru turifashisha ubutumwa bwa Minisiteri y’uburezi mu Rwanda, bwanyujijwe kuri Twitter tariki 22 Ugushyingo 2022, busaba abanyeshuri kugira ibyo bubahiriza mu rwego rwo gukomeza gutsinda no kuba abanyeshuri beza.

NI IBIHE BINTU BY’INGENZI BIRANGA UMUNYESHURI MWIZA?

Mu bintu biranga umunyeshuri mwiza hagaragaramo ibimuturukaho, kuri we akaba ari imico ye yifitemo cyangwa akwiriye kwiga ariko bikaba biri muri kamere ye.

1.Kudasiba ishuri

Mu by’ukuri, umunyeshuri mwiza ntabwo asiba ishuri uko yiboneye. Birashoboka ko umunyeshuri ashobora gusiba ishuri kubera impamvu yumvikana kandi yaganiweho hagati y’umubyeyi we cyangwa umurera ndetse n’umurezi we, ni ukuvuga mwarimu cyangwa umuyobozi w’ikigo.

Umunyeshuri utagerera ku ishuri ku gihe, uyu munsi akaza ejo agasiba, ntabwo abasha gufata neza ibyo abandi bize ku buryo bishobora kuba imbarutso yo gutsindwa.

2.Gukurikira neza

Mwarimu mwiza wize uburezi cyangwa wabihuguriwe, asabwa gukoresha imfashanyigisho nyinshi kandi zifatika kugira ngo umwana abashe gukurikira kandi afate neza ibyo arimo kwigishwa uwo mwanya.

Mwarimu aba asabwa gukoresha uburyo bwose kugira ngo umwana atarambirwa ishuri ahubwo agire umwanya wo kuruhuka no gukomez gukurikira kuko biri mu bituma akurikira neza.

Iyo umunyeshuri yanze umuti akanga kumva bituma adakurikira neza bikagira ingaruka mu masomo ye. Uyu mwana aba asabwa gushyira hasi ibimurangaza byose, agaha umwanya ishuri ndetse akitoza guhanga mwarimu amasomo.

3.Gusubiramo amasomo

Mu by’ukuri umunyeshuri mwiza asubiramo amasomo ye. Ibi biva ku bana bikajya no ku babyeyi kuko umwana abasha gusubiramo amasomo afashijwe n’ababyeyi be mu gihe yatashye yaba ari ku ishuri mwarimu akuzuza inshingano ze.

Kugira ngo umwana abashe gutsinda aba asabwa kwitoza umuco wo gusubiramo amasomo ye.

Mu bindi byagaragajwe na Minisiteri y’Uburezi, harimo kwirinda kunywa inzoga no kugendera kure abashaka kuziguha.

Umwana ni ejo hazaza h’u Rwanda ni we ahazaza h’igihugu akwiriye gufatwa neza no gutozwa ibizamufasha gutsinda amasomo ye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND