RURA
Kigali

Rugamba yitabiriye imurikwa rya Black Panther 2 hamwe n’ibyamamare nka Rihanna-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/10/2022 15:13
0


Mathew Rugamba, umuhangamideli uri mu bakomeye mu Rwanda ufite inzu izwi nka House of Tayo, ari mu bitabiye imurikwa rya Black Panther 2.



Nk’uko Rugamba yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati:”Ishimwe rikomeye kuri Junior Nyongo na Lupita Nyongo kuba batumye bibasha gukunda.”

Akomeza agira ati:”Mwarakoze mwese abo dukorana muri House of Tayo n’umugore wanjye Sharon, gukorana nk’itsinda bituma inzozi ziba impamo.”

Aha Rugamba yabaye nk’uca amarenga y’uko yambitse bamwe mu byamamare bikomeye byitabiriye umuhango ukomeye, wo kumurika filimi ya Blac Panther 2.

Ibirori byo kumurika iyi filimi byabaye kuri uyu wa 26 Ukwakira 2022, muri Los Angeles muri Leta ya California.

Ibi bikaba byaritabiriwe n’ibyamamare bitandukanye yaba muri fiimi n’umuziki, barimo Rihanna na A$AP Rocky.

Ubusanzwe Mathew Rugamba azwi mu guhanga imideli, afite inzu izwiho kwambika abanyacyubahiro batandukanye, ariko by’umwihariko yamamaye kubera umupira uzwi nk’ijezi wanditseho u Rwanda.

Rihanna na A$AP Rocky bari mu bitabiriye imurikwa rya Black Panther 2Rugamba, Junior Nyongo na Lupita Nyongo Ba Nyongo batambuka ku itapiMathew Rugamba n'umugore we Sharon Mathew Rugamba ahabereye imurikwa rya Black Panther 2Ijezi umwe mu myambaro ikomeye ya House of TayoRihanna yari yabucyereye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND