RURA
Kigali

Umusore ukora akazi ko koza imodoka yitije imodoka y’umukiriya agiye kugura ubugari birangira ayigongesheje

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:7/02/2022 11:03
0


Mu gihugu cya Nigeria haravugwa inkuru y’umusore ukora akazi ko koza imodoka uherutse guhura n’ibibazo ubwo yitizaga imodoka y’umukiriya yari yamusigiye ngo ayoze maze akayitiza agiye kugura amafunguro bikarangira ayigongesheje ikangirika cyane. Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga uyu musore ari gusaba imbabazi nyiri modoka



Uyu musore ukiri muto wo mu gihugu cya Nigeria yisanze mu bibazo nyuma yo kwitiza imodoka y’umukiriya yari yamusigiye ngo ayimwogereze maze akaza kuyitiza ubwo yari agiye kugura amafunguro arimo ubugari n’imboga maze bikarangira ayangije bikomeye.

Mu mashusho yasakaye ku rubuga rwa TikTok uyu musore yagaragaye aryamye hasi ku butaka ariko asaba imbabazi nyiri imodoka ya Mercedes-Benz GLC yari amaze kugongesha.

Aya mashusho yari magufi ndetse ntiyagaragazaga niba uyu musore byaje kurangira ahawe imbabazi cyangwa atazihawe na nyiri imodoka nkuko yazisabaga aciye bugufi.

Aya mashusho kandi yaje gushyirwa ku rubuga rwa Instagram n’umuhanzi wo muri Nigeria witwa Tunde Ednut ndetse ayaherekesha ubutumwa bwasabaga abantu bakora akazi ko koza imodoka ko badakwiye gutwara imodoka zitari izabo.

REBA VIDEO HANO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND