RFL
Kigali

Canal+ Rwanda yifatanyije n’Isi yose mu kwizihiza icyumweru cyahariwe serivisi

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:7/10/2021 9:13
0


Nkuko byagiye bikorwa n’ibigo bitandukanye ku Isi hose mu kwizihiza icyumweru cyahariwe serivisi nziza, Canal+ Rwanda nayo yageneye impano zitandukanye abakiliya babo bagiye bayigana mu maduka atandukanye.



Icyumweru cyo kwita ku bakiliya cyatangiye tariki 04 Ukwakira kikazasozwa tariki 08 Ukwakira 2021, Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ikaba igira iti “Imbaraga za serivisi.”

Mu rwego rwo gushimangira iyi nsanganyamatsiko, CANAL+ Rwanda yatanze impano zinyuranye ku bakiliya bagana amaduka yayo aherereye mu mujyi wa Kigali, ndetse inaboneraho kuganira nabo yumva ibyifuzo byabo.

Jules Wanda, umuyobozi w'ishami rishinzwe kwamamaza no gufata neza abakiriya muri CANAL+ Rwanda yavuze ko icyumweru cyahariwe kwita ku bakiliya ari umwanya mwiza wo kumva ibyifuzo by’abakiliya ndetse no kubashimira ku budahemuka bwabo.

Yagize ati “Muri iki cyumweru cyo kwita ku bakiliya, n’amahirwe kuri twe yo kubashimira ubudahemuka bwabo. N’igihe cyiza kandi cyo kumva ibyifuzo byabo, kugira ngo turusheho kunoza serivisi tubaha, tugendeye ku byifuzo bagaragaje.”

Umuyobozi mukuru wa CANAL+ Rwanda, Sophie TCHATCHOUA nawe yaboneyeho gushimira abakozi ba CANAL+ ndetse abibutsa ko kwita ku bakiliya no gutanga serivisi zinoze bigomba kuza ku isonga.

Yagize ati, “Kuri CANAL+ Rwanda, gutanga Service zinoze ku bakiliya niyo ntego yacu ya mbere. Ibi tubikora twifashishije gahunda zinyuranye tugeza ku bakiliya bacu duhereye ku mashene yacu meza arimo ay’imikino, imyidagaduro na shene z’abana zose babona mu ndimi 3 arizo igifaransa, ikinyarwanda n’icyongereza. Iki cyumweru ni icyo kwitura abakiliya bacu bakomeje kutubera abakiriya b’Imena, ni n’uburyo bwo kubegera birushijeho aho baherereye hose.”

Mu ntangiriro z’uku kwezi k‘Ukwakira 2021, CANAL+ yumvishe ubusabe bw’abakiliya bayo bari bamaze igihe basaba amashene y’icyongereza maze izana ifatabuguzi rishya ririho amashene y’Icyongereza 15, arimo n’ay’imikino nka SuperSport ifite Premier League na La Liga yari amaze iminsi asabwa n’abatari bake.

Canal+ yifatanyije n'Isi kwizihiza icyumweru cyahariwe serivisi nziza

Canal+ yageneye impano abakiliya bayo bagiye bayigana mu maduka yayo

Canal+ yazaniye abafatabuguzi Channel nshya harimo na Nathan TV yigisha abana bo mu mashuri abanza

Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND