Kigali

Ibiciro ku masoko yo mu Rwanda byazamutseho 6,5% muri Werurwe

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:11/04/2025 11:19
2


Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro by’ibicuruzwa bitandukanye ku masoko yo mu Rwanda byazamutseho 6,5% muri Werurwe 2025, bivuye kuri 6,3% byariho muri Gashyantare.



Raporo nshya y’ibiciro ku masoko yasohowe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, kuri uyu wa Gatanu, yerekana ko mu kwezi gushize kwa Werurwe ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobywa bidasembuye byazamutseho 6,4% ku mwaka mu gihe ubaze ku kwezi ho byazamutseho 2,4%.

NISR igaragaza kandi ko ibiciro by’inzu zo guturamo, amazi, umuriro, gas n’ibindi bikomoka kuri peteroli byazamutse ku kigero cya 2,6% ubaze ku mwaka mu gihe ku kwezi ho byazamutse ku kigero cya 0,2%.

Ni mu gihe ibiciro by’ingendo byiyongereyeho 12% ku mwaka mu gihe ku kwezi ho byiyongereyeho 1,3%. Ibiciro bya za resitora n’amahoteli byiyongereyeho 14,1% ku mwaka ariko ku kwezi byiyongera kuri 2,3%.


Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare cyatangaje ko ibiciro by'ibicuruzwa ku isoko byiyongereyeho 6,5% mu kwezi gushize kwa Werurwe


Ibiciro by'ingendo na byo byiyongereyeho 12% ku mwaka






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • iledephonse 4 days ago
    inyanya zo abeshi twarazibagiwe
  • Firem1 day ago
    Mwaramutse bavandi ese ko ibiciro bizamukacyane kandi mucyaronaho ubucyene bukarushaho kwiyojyera nkatwe abatuye mucyaro mudutecyerezaho mute?





Inyarwanda BACKGROUND