RFL
Kigali

Canal+ yashyize igorora abafatabuguzi bayo ibashyiriraho 'Channel' 15 ziri mu Cyongereza, inamurika izindi nshya Esheshatu

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:29/09/2021 20:31
0


Sosiyete icuruza amashusho ya Televiziyo, Canal+, yamuritse 'Channel' Esheshatu nshya zizafasha abafatabuguzi bayo kwidagadura, kwihugura mu ndimi zitandukanye, kunguka ubumenyi mu burezi n’ibindi ndetse inabashyiriraho uburyo bwo gukurikira Channel 15 mu rurimi rw’Icyongereza mu gihe hakoreshwaga igifaransa gusa.



Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nzeri 2021, kuri Canal Olympia mu karere ka Kicukiro, habereye igikorwa cyo kumurika Channel Esheshatu nshya ziyongereye ku zari zisanzwe kuri Canal+, izo channel zikazatangira gukora mu kwezi gutaha ku Ukwakira.

Izo Channel ni: Canal + Premiere, Canal+Pop, Canal+Cinema, Canal+Elles, Canal+Family na Canal+Action. Izi channel zose zizafasha abafatabuguzi ba Canal+ kwidagadura bareba cinema zigezweho, filime nyafurika ndetse akarusho zikaba zizaha umwanya umugabo n’umugore bo muri Afurika, nk'uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru wa Canl+Rwanda, Sophie Tchatchoua.

Ntabwo ari ibyo gusa kuko Canal+ yazaniye amakuru meza abafatabuguzi bayo, kuko guhera mu kwezi gutaha bazajya bakurikira channel 15 za Canal+ mu rurimi rw’Icyongereza, bikaba ari bishya kuko hari hamenyerewe gukoreshwa igifaransa gusa. Muri izo Channel zizajya zitambuka mu Cyongereza, harimo Super Sport, MNT, AfricaNews, Telemundo n’izindi.

Canal+ yatekereje no ku bana bakeneye kwiga cyane ko muri iki cyorezo cya COVID-19, bagowe cyane no kubona aho bakura amasozo, izana Nathan TV, ikazajya ifasha abana biga guhera mu wa kabiri kugeza mu wa Gatandatu mu mashuri abanza, gukurikira amasomo nk’abari mu ishuri kuri Canal+.

Canl+ kandi yazanye channel nshya zizajya zinyuraho indimi zitandukanye zirimo Swahili na Lingala.

Canal+ ivuga ko ibiciro bitahindutse, kuko umufatabuguzi uzajya agura bouquet, hari amafaranga azajya atanga kugira ngo yemererwe kureba Channel nshya kandi bikazajya bikorwa buri kwezi nk’ibisanze, umufatabuguzi uzajya akenera kureba Channel ziri mu cyongereza azajya agura bouquet bisanzwe ubundi anishyure ibindi bihumbi makumyabiri (20000Frw).

Canal+ kandi ishimangira ko izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo ihe abafatabuguzi bayo serivisi nziza kandi zinoze, iharanira kubahoza ku bigezweho kandi bifite umumaro.

Abakunzi b’imikino Canal+ ibitaho cyane kuko mu mwaka w’imikino wa 2021/22 izabagezaho ibikorwa byose ku Isi biteganyijwe mu mikino, birimo Igikombe cy’Isi cya 2022 muri Qatar, igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun, Champions League, Premier League n’andi menshi atandukanye.

Guhera mu kwezi gutaha, kuri Canal+ abafatabuguzi baratangira kureba Channel 6 nshya

Umuyobozi wa Canal+Rwanda, Sophie avuga ko abumva icyongereza bashyizwe igorora kuko bagiye kujya bakurikira channel 15 muri uru rurimi

Icyo gikorwa cyamurikiwe Abanyamakuru kuri Canal Olympia

Abakunzi b'imikino, bashyizwe igorora kuri Canal+ aho bazakurikira ibikorwa byose biteganyijwe ku Isi mu mwaka w'imikino wa 2021/22

Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND