RURA
Kigali

Amafoto ya mbere y’ubukwe bw’Umunyarwenya Kigingi wo mu Burundi n’Umunyarwandakazi Marina

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/09/2021 11:03
0


Umunyarwenya Alfred-Aubin Mugenzi uzwi nka Kigingi wo mu Burundi, yasohoye amafoto ya mbere y’ubukwe bwe n’Umunyarwandakazi Marina Mataratara.



Tariki 24 Nzeri 2021, ni bwo Kigingi yasabye anakwa umukunzi we Marina, mu muhango wabereye kuri Ineza Garden i Kinyinya muri Kigali.

Uyu munyarwenya uri mu bakomeye mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, yanditse kuri konti ye ya Instagram mu ijoro ry’uyu wa Gatandatu tariki 25 Nzeri 2021, avuga ko ‘wari umunsi mwiza’ kuri we ubwo yarushingaga n’umukunzi we.

Inkuru y’urukundo rw’aba bombi ntizwi mu itangazamakuru. Gusa, Muyoboke Alex umujyanama wa Chris Hat usanzwe ari inshuti ya Kigingi, yibukije ko uyu munyarwenya yakunze kenshi gutera urwenya yumvikanisha ko akunda abagore banini. Ati “Kumbi ni Marina wahoraga uteraho urwenya.”

Kigingi ukurikirwa n’abarenga ibihumbi 56 kuri Instagram, yaje mu Rwanda mu bihe bitandukanye, atanga ibyishimo mu bitaramo yagiye atumirwamo. Yakunze kugaragara mu bitaramo by’urwenya bitegurwa na Nkusi Arthur, n’ibindi bihuza abanyarwenya.

Ari mu banyarwenya b’abahanga, badashidikanywa na benshi bitabira ibitaramo by’urwenya. Kigingi yahuriye ku rubyiniro na bagenzi be barimo Eric Omondi, Nkusi Arthur, Chipkeezy , Herve, Babu, Michael n’abandi.

Mu 2019, Kigingi yateye urwenya mu iserukiramuco ‘Kigali International Comedy Festival’ ryahuje abanyarwenya b’inkorokoro, ryateguwe na Comedy Knights ifatanyije n’Uruganda rwa SKOL Brewery Limited Rwanda.

Icyo gihe, Kigingi yavuze ko ari ku nshuro ya munani ataramiye mu Rwanda. Ati “Si ubwa mbere nje gutaramira mu Rwanda. Ndumva ubu ari ku nshuro ya munani. Umuntu arakura mu bintu akora, ibihugu byacu birahuye cyane, ariko na none bikagira n’aho bitandukanira.”



Kigingi yasohoye amafoto ya mbere y’ubukwe bwe n’umukunzi we, agira ati “Uyu ni umunsi mwiza”

Ku wa Gatanu tariki 24 Nzeri 2021, Kigingi yasabye anakwa umukunzi we bamaze igihe mu munyenga w’urukundo 

Kigingi n’umukunzi we bari baberewe ku munsi ukomeye mu buzima bwabo 

Umunezero hagati ya Kigingi wo mu Burundi na Marina wo mu Rwanda barushinze 

Kigingi n’umukunzi we basangiye icyo kunywa, biyemeza gusangira buri kimwe mu bibi no mu byiza

Kigingi yahaye impano umukunzi we amushimira urwo yamukunze kuva ku munsi wa mbere  

  

Barahoberanye bashirana urukumbuzi! Biyemeza gukomeza kunga ubumwe 

Amafoto agaragaza imyiteguro y'umugeni. Yanditse kuri konti ye ya Instagram ashima Imana










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND