RFL
Kigali

Nyanza-Gicumbi ni yo nzira ndende! Ibidasanzwe bizaranga Tour du Rwanda 2021

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:2/05/2021 4:42
0


Amasaha asigaye ngo irushanwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda n’amagare ritangire arabarirwa ku ntoki, gusa iry’uyu mwaka ntabwo risanzwe kuko rigaragaramo impinduka zitandukanye haba mu mitegurire, abakinnyi bazarikina, amakipe azitabira, abaterankunga ndetse rikaba ritazagaragaramo umufana n’umwe.



Tour du Rwanda 2021 iratangira kuri iki cyumweru tariki ya 02 Gicurasi 2021, hakinwa agace ka mbere kazenguruka Kigali Arena- Rwamagana ku ntera y’ibilometero 115,6.

Biteganyijwe ko iri rushanwa rizakinwa iminsi irindwi, rikazatangirira mu mujyi wa Kigali ndetse akaba ari naho rizasorezwa tariki ya 09 Gicurasi, rikazaba rikinwa ku nshuro ya gatatu riri ku rwego rwa 2.1.

Ni irushanwa ridasanzwe rigaragaramo impinduka, inyinshi zatewe n’icyorezo cya COVID-19, mu gihe izindi ziganisha ku iterambere ry’iri rushanwa riri mu ya mbere muri Afurika ndetse rinafite amanita mpeza ku ruhando mpuzamahanga.

IBIDASANZWE BIZARANGA TOUR DU RWANDA 2021

SKOL NTIZAGARAGARA MU IRUSHANWA RY’UYU MWAKA GUSA MUTZIG YAMAZE GUTERAMO ICYAYO KIRENGE


Uruganda rwenga ibinyobwa rwa SKOL, rwari rumaze imyaka icyenda rutera inkunga FERWACY by’umwihariko muri Tour du Rwanda, muri shampiyona ndetse no mu yandi marushanwa ategurwa n’iri shyirahamwe, ntiruzagaragara mu irushanwa ry’uyu mwaka.

Ubusanzwe SKOL yatangaga Miliyoni 84.5 z’amafaranga y’u Rwanda muri #TdRwanda, gusa kubera icyorezo cya Coronavirus n’ingamba zo kucyirinda zashyizweho, babaye batandukanye nyuma yo kutumvikana ku masezerano ajyanye n’ibihe barimo.

Amakuru avuga ko uyu mwaka uru ruganda rwifuzaga gutanga Miliyoni 4.7 Frw muri iri rushanwa, FERWACY irabyanga ivuga ko yazagabanya 20% ku mafaranga yari asanzwe atangwa, ariko birangira impande zombi zitumvikanye bityo baratandukana.

Mu Itangazo rigenewe abanyamakuru ryagiye hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Mata 2021, Ubuyobozi bwa Skol Ltd bwavuze ko butazagaragara mu baterankunga ba Tour du Rwanda ya 2021 kubera icyorezo cya Covid-19 cyatumye iri rushanwa ryimurwa rigashyirwa muri Gicurasi nyamara ryari kuba muri Gashyantare 2021.

SKOL yavuze ko nyuma y’ibiganiro na FERWACY byerekeye amasezerano bari bafitanye kugira ngo abe yasubirwamo bitewe n’icyorezo cya COVID-19.

Nyuma y’amasaha menshi y’ibiganiro byahuje impande zombi, Ubuyobozi bw’uru ruganda bwafashe icyemezo cyo kutazatera inkunga iri rushanwa rya Tour du Rwanda kuko hari aho batabashije kumvikana.

Gusa mu gihe habura amasaha macye ngo irushanwa nyirizina ritangire, FERWACY yatangaje ko yamaze kubona umuterankunga mushya wa Tour du Rwanda 2021, ariwe MUTZIG ndetse bikaba bivugwa ko mu minsi ya vuba aza gushyira umukono ku masezerano y’imyaka itatu.

NTA BAFANA BEMEWE MURI TOUR DU RWANDA 2021


Uyu mwaka ntabwo usanzwe bitewe n’icyorezo cya COVID-19, cyatumye hafatwa zimwe mu ngamba zikarishye zirimo no gukumira abafana aho basoreza isiganwa mu busanzwe habaga huzuye abafana bafite umurindi n’akaruru bishimira abakinnyi babaga bari gusiganwa.

Binyuze ku rukuta rwa Twitter rwa MINISPORTS, yatangaje ko nta bafana bemewe muri Tour du Rwanda 2021. Yagize iti “@tour_du_Rwanda izaba hubahirizwa ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya #COVID19, abanyarwanda bakazakurikira irushanwa binyuze mu itangazamakuru”.

UYU MWAKA IRI RUSHANWA RIZITABIRWA N’ABAYOBOZI BAKOMEYE MU NZEGO ZITANDUKANYE


Irushanwa ry’uyu mwaka ryitabiriwe n’umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku Isi ‘UCI’ ukomoka mu Bufaransa Bwana David Lappartient wamaze gusesekara i Kigali, ndetse akaba atari we wenyine kuko iri rushanwa rizakurikirwa n’abaherwe bo muri Israel, ari nabob a ny’iri kipe ya Start Up Nation yo muri icyo gihugu, Adams na Baron, ndetse bakaba banafite imishinga mu Rwanda yo guteza imbere uyu mukino.

BWA MBERE MU MYAKA 11 YARI ISHIZE TOUR DU RWANDA IZAGERA MU KARERE KA GICUMBI


Bwa mbere nyuma y’imyaka 11, igare rizaterera imisozi ya Byumba byaherukaga mu 2010, aka gace kakaba karatwawe na Daniel Teklehaimanot.

Uyu mwaka abasiganwa bazahagurukira mu karere ka Nyanza basoreze i Gicumbi ku ntera y’ibilometero 171,6, aka gace kakaba kazakinwa Tariki ya 4 Gicurasi, kakazaba ari aka gatatu muri Tour du Rwanda 2021 ndetse ikaba ari nayo nzira ndende iri mu irushanwa ry’uyu mwaka.

AMAKIPE N’ABAKINNYI BAKOMEYE BAZITABIRA TOUR DU RWANDA 2021


Irushanwa ry’uyu mwaka rizitabirwa n’amakipe akomeye azaba yitabiriye ku nshuro ya mbere, harimo B & B Hotel yo mu Bufaransa inakina Tour de France, Team Medellin yo muri Colombia ndetse na Tarteletto Isorex yo mu Bubiligi.

Tour du Rwanda y’uyu mwaka kandi izagaragaramo abakinnyi batatu begukanye ibihembo mu marushanwa akomeye ku Isi ‘Grand Tour’ bitandukanye n’indi myaka wasangaga harimo umukinnyi umwe gusa muri icyo cyiciro.

IMPINDUKA MU BIHEMBO BIZATANGWA


Uyu mwaka bitewe n’impinduka zitunguranye zabaye mu baterankunga b’irushanwa, hari ibihembo byajyaga bitangwa bitazaboneka, harimo igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umunyarwanda ndetse na Maillot y’uwatsinze agace k’irushanwa (Etape) kubera ko SKOL yatangaga icyo gihembo yavuye mu baterankunga b’irushanwa.

Mu nshuro ebyiri Tour du Rwanda imaze gukinwa iri ku kigero cya 2.1, ntabwo u Rwanda rurabasha kuryegukana cyangwa ngo rwegukane n’agace na kamwe, kuko ryegukanwe n’abanya-Eritrea, barimo Merhawi Kudus mu 2019 na Tesfazion Nathanael mu mwaka ushize.

Inzira zigize Tour du Rwanda 2021:

Agace ka mbere: Tariki ya 2 Gicurasi: Kigali Arena- Rwamagana (ibilometero 115,6)

Agace ka kabiri: Tariki ya 3 Gicurasi: Kigali- Huye (ibilometero 120.5)

Agace ka gatatu: Tariki ya 4 Gicurasi: Nyanza- Gicumbi (ibilometero 171,6)

Agace ka kane: Tariki ya 5 Gicurasi: Kimironko - Musanze (ibilometero 123,9)

Agace ka gatanu: Tariki ya 6 Gicurasi: Nyagatare- Kimironko (ibilometero 149,3)

Agace ka gatandatu: Tariki ya 7 Gicurasi: Kigali (KBC)- Kigali (Mont Kigali) (ibilometero 152.6)

Agace ka karindwi: Tariki ya 8 Gicurasi:Kigali (Nyamirambo)- Mont Kigali ( ITT- ibilometero 4.5)

Agace ka munani: Tariki ya 9 Gicurasi: Kigali (Canal Olympia)- Kigali (Canal Olympia) (ibilometero 75,3)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND