Glen Habimana umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" yagaragarije urukundo u Rwanda anashimangira ko igihugu gifite amahoro ari cyo gitera imbere.
Mu
gihe u Rwanda ruri kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu
1994, abanyarwanda baba mu mahanga bagaragaza ko nubwo batari mu gihugu
igihe ayo mateka mabi yabaga ndetse bamwe muri bo bakaba batari baravutse,
bumva bafite inshingano zo kwifatanya n’abanyarwanda, guha icyubahiro abazize
Jenoside yakorewe Abatutsi no kwerekana ko bifatanyije n’abayirokotse.
Glen
Habimana, rutahizamu w’imyaka 23 w’Amavubi, ni umwe muri abo Banyarwanda
bavukiye hanze y’u Rwanda ariko bakomeje gushimangira ko bafite amaraso y’u
Rwanda atagomba gutakara cyangwa kwibagirana.
Uyu
musore wavukiye mu Bubiligi kandi ukinira ikipe ya Royal Hutoise, yabwiye Times
Sport ko ibihe byo Kwibuka bifite ubusobanuro bwimbitse kuri we n’abandi
Banyarwanda bavukiye hanze.
Yagize
ati: "Ku Banyarwanda benshi bavukiye mu mahanga, Kwibuka Jenoside yakorewe
Abatutsi bifite igisobanuro kirenze. Ni igihe cyo kuzirikana abababaye,
gufatanya n’abarokotse, no guha icyubahiro ababuze ubuzima. Kuri njye, ni
inzira yo kongera kwihuza n’imizi yanjye."
Nubwo atari yaravutse igihe Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga, Habimana avuga ko kwibuka bituma yumva
ibikomere by’igihugu cye kandi agasangira n’abanyarwanda uwo mubabaro
w’amateka.
Ati: "Kwibuka
ni urugendo ruhuza umutima, rudufasha guhuriza hamwe nk’Abanyarwanda.
Ntitwibuka gusa ibyo twabuze, ahubwo tunubaka ubumwe, imbabazi no guharanira
ko bitazongera ukundi."
Habimana
wamaze kwambara umwambaro w’Amavubi asaba urubyiruko n’Abanyarwanda muri
rusange guharanira ubumwe n'ubudaheranwa nk’inzira yonyine yo gukira ibikomere
amateka yasize.
Ati: "Kwibuka
no kwiyunga ni intambwe zikomeye mu gukira. Nubwo bigora, birashoboka binyuze mu
kumva no kwihanganirana, mu rukundo no mu bufatanye,"
Uyu
musore kandi yashimye aho u Rwanda rugeze rwiyubaka, anashimangira ko ejo
hazaza ari heza mu gihe urwango ruzaba rutagifite umwanya mu mitima
y’Abanyarwanda.
Ati: "U Rwanda rumaze gutera imbere mu buryo bushimishije. Ni urugero rwiza ku
isi hose rw’uko igihugu cyasenyutse gishobora kongera kwiyubaka kigashingira ku
bumwe, amahoro n’icyerekezo. Tugomba guharanira isi itarangwamo urwango, ahubwo
yuzuyemo kubahana n’agaciro ka muntu."
Uretse kuba akinira Royal Hutoise, Habimana yakiniye kandi amakipe nka SK Lierse yo mu Bubiligi na Victoria Rosports yo muri Luxembourg, akomeza kwerekana ko n’iyo waba uri kure y’igihugu, umutima ushobora kuguma i Rwanda.
TANGA IGITECYEREZO