Arnold Schwarzenegger ni umwe mu bakinnyi ba filime babayeho bakomeye ku Isi. Afite amateka meza dore ko iyo uvuze izina rye benshi bumva umunyabigwi! Menya ndetse unasobanukirwe byinshi ku buzima bwa Schwarzenegger wabaye ikirangirire kubera gukina filime ndetse n’ingano y’umubiri idasanzwe.
Arnold
Alois Schwarzenegger yavutse ku wa 30
kamena mu 1947 avuka kuri Aurelia na Gustav Schwarzenegger wari umuyobozi wa
Police mu gace bari batuye mo mu gihugu cya Austria.
Yamenyekanye mu bintu byinshi
cyane harimo nko kuba ari umukinnyi wa Filime (actor), atunganya filime (Film maker),
ni umwanditsi w’ibitabo, akora imyitozo ngorora mubiri igambiriye kongera
ingano y’imikaya ku buryo bw’umwuga (professional bodybuilder). Ikindi kandi
yanabaye umuyobozi wa 38 wa leta ya Californiya kuva muri 2003 kugera muri 2011
aho yabarizwaga mu ishyaka ry’aba Republican asimbuye uwitwaga Gray Davis kuri
uwo mwanya.
Ibyaranze
Arnold Schwarzenegger mu buto bwe
Schwarzenegger
yatangiye ibijyanye n’imyitozo yo guterura ibintu biremereye ubwo yari afite
imyaka 15 gusa, aza no gutsindira igihembo kizwi ku izina rya Mr.Universe
kijyanye no guterura ibintu by’ibiro byinshi ku myaka 20 yonyine. Nyuma, yaje
gutsindira ikindi gihembo cyo muri ubwo bwoko kiswe Mr.Olympia inshuro zirindwi
zose zikurikiranya.
Kubera
ubwamamare bw’uyu mugabo hari iserukira muco (festival) ryitwa Arnold Sports
Festival ryamwitiriwe mu buryo bwo kumushimira kubera uruhare rukomeye agira mu
bijyanye no guteza imbere imyitozo ngorora mubiri.
Akiri muto cyane Schwarzenegger avuga ko se Gustav atamukundaga
ndetse ko yamuhozaga ku nkeke akamukubita atababarira kubera ko yakekaga ko
nyina yaba yaramubyaye ku wundi mugabo n’ubwo nta bimenyetso bifatika
yashingiraga ho.
Ibi byatumye rero yibera inshuti
na nyina kugeza ku rupfu rwe kuko ari we bamaranaga igihe. Se yabanje kuba
umupolisi, mu ntambara ya kabiri y’isi aza no kuba umusirikare ku ruhande
rw’ubudage aho yabarizwaga no mu ishyaka ry’abanazi dore ko igihugu cyabo cyari
cyarigaruriwe n’ubudage.
Ku ishuri Schwarzenegger yari umunyeshuri usanzwe akagira
n’amanota aringaniye ariko bagenzi be bakamukunda kuko yari umunyeshuri uzi
gusabana ndetse no kuganira cyane. Mu buto bwe yakinnye imikino myinshi
nk’abandi bahungu bose, ariko mu 1960 ubwo umutoza w’ikipe y’umupira w’amaguru
y’ikigo cyabo yabajyanaga mu nzu bakorera mo imyitozo ngorora mubiri(Gym)
yahise akunda ibijyanye no guterura ibyuma.
Ku myaka 14 yaretse gukina umupira w’amaguru yiyegurira imyitozo ijyanye
no kubyimbisha imikaya cyangwa se inyama z’umubiri binyuze mu guterura ibintu
biremereye no gukora iyindi myitozo ngorora mubiri inyuranye.
Mu mwaka wa 1972 ku itariki ya 12 ukuboza se Gustav Schwarzenegger
yarapfuye, ni uko umuhungu we Arnold ntiyagaragara mu mihango yo kumushyingura.
Nyuma itangazamakuru ryakomeje kujya rimubaza impamvu atagiye yo, asubiza ko
muri iyo minsi yari afite irushanwa rikomeye cyane yari kwitabira bityo ko
atari kubona umwanya. Abanyamakuru bakomeje guperereza bigaragara ko neza rwose
igihe se yashyingurwaga Arnold Schwarzenegger yari ari guterura
ibyuma mu mazu yabujyenewe(Gym) maze bitangaza benshi.
Umuntu w’ikitegererezo kuri Schwarzenegger ni umugabo witwaga Steve Reeves akaba yaramamaye cyane mu bijyanye no guterura ibintu biremereye mu myaka yo hambere. Igihe uyu Steve yapfaga mu 2000 Schwarzenegger yavuze ko yakuze yifuza kumera nka we haba ku mubiri ndetse no mu mitekerereze.
Ibi byamufashije kwima amatwi abantu bose bamucaga
intege harimo se wifuzaga ko aba umupolisi na nyina wifuzaga ko yakwiga
ibijyanye n’ubucuruzi, ahubwo akurikira ibitekerezo bye bwite bituma agera ku
nzozi yarotaga.
Steeve Reeves w’ikitegererezo kuri Arnold Schwarzenegger
Bimwe mu bihembo Arnold Schwarzenegger yagiye
yegukana
Mu 1965
yabaye uwa mbere mu marushanwa yitwa Junior
Mr. Europe yabereye mu Budage
Mu 1966
yegukanye igihembo cy’umugabo ufite umubiri mwiza mu burayi bwose(best built
Man of Europe)
Mu 1968
yegukanye igihembo cy’umuntu uhiga abandi mu guterura ibintu (International Powerlifting
Championship)
Kuva mu
1970 kugeza mu 1980 Arnold
Schwarzenegger yatwaye ibikombe byitwa Mr. Olympia mu myaka ikurikirana
Arnold
Schwarzenegger ubwo yegukanaga igihembo cya Mr.Olympia mu 1980
Schwarzenegger
yanahawe igihembo cy’umukinnyi wa filime z’imirwano cyangwa se njya
rugamba(action films) w’ibihe byose I Hollywood.
Dore zimwe muri filime zabiciye bigacika uyu
mugabo Arnold Schwarzenegger yakinnye mo:
Filime
ndende y’uruhererekane y’ibijyanye n’abami yitwa Conan the Barbarian yasohotse mu
1982
Filime yagurishijwe cyane mu 1984 yitwa The terminator, ndetse kubera ukuntu iyi filime yagurishijwe byabaye ngombwa ko ikorerwa ibindi bice noneho Arnold Alois Schwarzenegger akomeza gukina mu bice byakurikiye ari byo; Terminator
2: Judgement Day yo mu 1991, Terminator 3: the rise of the machines yo mu 2003, Terminator Genesis yo mu 2015, iheruka akaba ari Terminator: Dark Fate yo mu 2019
Filime
Terminator: dark fate Schwarzenegger
yagaragaye mo mu minsi ya vuba aha
Filime
yamenyekanye hano mu Rwanda yitwa Commando
yasohotse mu 1985 ikaba yaranatumye agira akabyiniriro ka Commando.
Filime
Commando Arnold
Schwarzenegger yamenyekanye mo by’umwihariko
mu Rwanda
Izindi
Filime yamenyekanyemo ni The Running Man
yo mu 1987, Predator yo mu 1987, Total Recall yo mu 1990 ndetse na True Lies yo mu 1994.
Nyuma ya
filime njya rugamba, acisha mo agakina na filime zisekeje(comedy films) harimo
nka Twins yo mu 1988, Kindergarten Cop yo mu1990, Junior
yo mu 1994 ndetse na Jingle All the Way yo mu 1996.
Mu 1986 Arnold
Schwarzenegger yashyingiranywe
na Maria Shriver umugore wakomokaga mu muryango wa hafi wa
Perezida wa 35 wa Leta zunze ubumwe z’America
John.F.Kennedy. Bakaba barabyaranye abana bane aribo; Katherine Schwarzenegger, Christina Schwarzenegger,
Patrick Schwarzenegger na Christopher Schwarzenegger. Yatandukanye n’umugore
we mu 2011 nyuma y’aho bimenyekaniye ko Schwarzenegger yabyaranye n’umukozi
wabo wo mu rugo mu 1997 ariko gatanya ivuye mu mategeko bayibonye mu 2017.
Arnold
Schwarzenegger ubwo yashyingiranwaga na Maria Shriver
TANGA IGITECYEREZO