RFL
Kigali

Umunyarwanda George Igaba ashobora kwerekeza muri Arsenal FC

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:22/04/2020 15:11
0


Igaba Ishimwe Maniraguha w’imyaka 19 wavukiye mu Rwanda, ukinira ikipe ya Fram Larvik yo muri Norvege ashobora kwerekeza muri Arsenal FC yo mu Bwongereza nyuma yo gutsinda igerageza muri Gashyantare 2020.



George Lewis Igaba Ishimwe Maniraguha  ukina asatira anyuze ku ruhande rw’i bumoso, ni umunyarwanda wavukiye i Kigali mu Rwanda, ariko akaba anafite ubwenegihugu bwa Norvege.

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Norvege bivuga ko Maniraguha yiyerekanye cyane muri Shampiyona yaho mu cyiciro cya kabiri, bituma abengukwa agirirwa icyizere cyo gukora igeragezwa muri  Arsenal akaba ari mu biganiro na yo ndetse ashobora kuyerekezamo mu mpera za Mata 2020.

Muri Gashyantare uyu mwaka yatsinze igeragezwa yari amazemo iminsi muri Arsenal, yashimwe cyane n’umutoza  Arteta.

Arteta yashimye cyane imikinire ya Maniraguha ahamya ko ari umwe mu bakinnyi yakubakiraho ubusatirizi bw’iyi kipe nyuma y’uko abakinnyi benshi barimo na rutahizamu Pierre-Emerick-Aubameyang bakomeje kwifuzwa n’amakipe menshi akomeye y’i Burayi.

Ishimwe Maniraguha wavukiye i Kigali tariki ya 16 Kamena 2000, amaze imyaka ibiri muri Fram Larvik, akaba nta gitego arayitsindira mu mikino ya shampiyona.


George Maniraguha Igaba amaze iminsi mu igeragezwa muri Arsenal


Igaba akina mu cyiciro cya kabiri muri Norvege





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND