Nk'uko byari byitezwe n’abakunzi benshi b’umupira w’amaguru kandi byari mu byifuzo by’ubuyobozi ndetse n’abafana ba FC Barcelona, nyuma yo gutsindwa na Atletico Madrid muri ½ muri Super Cup ya Espagne, ugakubitiraho umusaruro mubi iyi kipe ifite, yahisemo kwirukana Ernesto Valverde wayitozaga imusimbuza Quique Setién watozaga Betis.
Ernesto
Valverde wari umaze imyaka 2 n’igice atoza FC Barcelona yirukanwe mu ijoro ryo
kuri uyu wa Kabiri azira umusaruro mubi ahita asimbuzwa uwitwa Quique Setien
wigeze gutoza Real Betis.
N'ubwo
yari ku mwanya wa mbere muri shampiyona ya Espagne La Liga, umutoza Ernesto Valverde
yirukanwe na FC Barcelone nyuma y’iminsi yari ishize iyi kipe yitwara nabi mu
marushanwa atandukanye arimo na Super Cup baherutse gutsindwamo na Atletico
Madrid.
Ni ubwa
mbere mu myaka 17 ikipe ya FC Barcelona yirukanye umutoza mu mwaka w’imikino
hagati. Quique Setién wahawe akazi ko gutoza Barcelona ni umugabo w’imyaka 61
washakwaga na Watford mu Ukuboza umwaka ushize.
FC
Barcelona yatangaje ko yifuza gushimira Valverde kubera umuhati we ndetse no
gukunda akazi byamuranze muri iyi kipe mu gihe yari ahamaze.
Ibinyujije
ku rukuta rwayo rwa Twitter, FC Barcelona yagize iti “Twemeranyije na Ernesto
Valverde gusesa amasezerano ye nk’umutoza mukuru. Warakoze kuri buri kimwe
Ernesto. Amahirwe masa mu bihe biri imbere.”
Mu
minsi ishize, Valverde yavugirijwe induru n’abafana nyuma yo gusezererwa na
Atletico Madrid muri Super cup bituma benshi bavuga ko akazi ke kari mu mazi
abira.
Valverde
w’imyaka 55 yagombaga gusimbuzwa Xavi cyangwa Mauricio Pochettino nk'uko
byavugwaga, gusa byarangiye Setien ari we
uhawe aka akazi. Uyu mutoza arerekwa abafana kuri uyu wa Kabiri aho yahawe
amasezerano y’imyaka 2 n’igice.
Quique Setién yagiye atoza amakipe menshi mato muri Espagne ariko akitwara neza
nk'aho yafashije Las Palmas kurangiza ku mwanya wa 11 muri shampiyona, umwanya
mwiza barangijeho mu myaka 40 ishize, anitwara neza muri Betis yagejeje muri
Europa League mu mwaka we wa mbere nyuma yo kurangiza ku mwanya wa 6.
Mu
myaka 2 yatoje iyi kipe ya Betis batsinze Barcelona, Real Madrid na Atletico
Madrid, mbere yo gutandukana na Betis babyumvikanyeho mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Valverde yirukanwe na Barcelona kubera umusaruro mubi
Quique watozaga Real Betis ni we wagizwe umutoza mushya wa FC Barcelone
TANGA IGITECYEREZO