RFL
Kigali

Ese ikipe ya Gicumbi FC yaba iri guca amarenga ko iri gukina umwaka wa nyuma mu cyiciro cya mbere?

Yanditswe na: Editor
Taliki:21/10/2019 13:39
0


Kuva umwaka w’imikino mu Rwanda 2019-2020 watangira, kugeza ku munsi wa kane Gicumbi FC ntirabona inota na rimwe, ahubwo imaze gutsindwa imikino ine yose. Ni nayo kipe imaze kwinjizwa ibitego byinshi muri shampiyona y'uyu mwaka. Bikaba bishobora kuba bica amarenga ko iyi kipe iri gusezera mu cyiciro cya mbere.




Ikipe ya Gicumbi FC yatsinzwe na Mukura ibitego 3-0

Nyuma y’umukino w’umunsi wa Kane muri shampiyona y’u Rwanda Gicumbi Fc yari imaze gutsindwa  na Mukura Victory Sport ibitego 3-1 mu mukino wabereye ku kibuga cya Mumena kuri iki cyumweru, byatumye iyi kipe ikomeza kuba ariyo yonyine itarabona inota na rimwe muri uyu mwaka w’imikino muri shampiyona y’u Rwanda, bikomeza no kuyishyira mu mazi abira utibagiwe n’abatoza bayo.

Mu mikino ine iyi kipe imaze gukina muri uyu mwaka w’imikino wa 2019-2020, Gicumbi Fc imaze kwinjizwa ibitego 9 yo yinjiza 3. Ibi bituma ariyo kipe imaze kwinjizwa ibitego byinshi muri uyu mwaka w’imikino. Gusa ariko uburyo yatangiye ikina n’umupira iri gukina uyu munsi ubona ko irimo kuzamura urwego, gusa ariko igakomwa mu nkokora n’ibibazo bya hato na hato bituma igira umusaruro mubi cyane bidaturutse ku bakinnyi cyangwa abatoza.

Buri mwaka Gicumbi FC n’andi makipe yegamiye ku turere usanga agira ikibazo cy’amikoro adahagije, bituma usanga bifitanye isano ya hafi n’umusaruro mucye  agira. Kugeza kuri iyi saha Gicumbi Fc ifitiye abakinnyi bayo ibirarane by’umushahara w’amezi 3 batarishyurwa. Bagiye gukina umukino wo ku cyumweru batsinzwe na Mukura ibitego 3-1 bamaze iminsi itatu badakora imyitozo, umutoza wa Gicumbi FC Nduwantare Ismail anavuga ko aricyo cyatumye ikipe ye idatsinda kuko bahuye bajya mu kibuga.

Uyu mutoza kandi yavuze ko kugira ngo abakinnyi bemere kuva i Gicumbi baze gukina na Mukura i Kigali byamusabye we ubwe kwihangana bakamwubaha nk’umutoza wabo bakemera gukina uyu mukino kuko bari bahakanye ko nibadahembwa badakina umukino wa Mukura, abakinnyi bubashye umutoza wabo bajya mu kibuga barakina baratsindwa.

Bamwe mu bakurikirana  cyane umupira w’amaguru by’umwihariko wo mu Rwanda, icyo bahurizaho bose ni uko Gicumbi FC ishobora kuba iri gukina umwaka wa nyuma w’imikino mu cyiciro cya mbere. Bavuga ko mu myaka ishize ubuyobozi bwayo ndetse n’akarere ka Gicumbi bagerageje guhanyanyaza ariko bigaragara ko umutwaro wa Gicumbi FC ushobora kuba umaze kubaremerera, ngo ibiri kuba ni ibimenyetso by’ibiri imbere bizaba kuri Gicumbi FC bitazatungura abaturage b’akarere iyi kipe iherereyemo  ndetse n’abakunzi bayo muri rusange.

Mu kiganiro inyarwanda.com iheruka kugirana n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Bwana Ndayambaje Felix, yavuze ko akarere ari nk’undi mufatanyabikorwa wese iyi kipe ifite, ko akarere atariko nyir’ikipe ya Gicumbi Fc. Akaba yarabivugaga asubiza ubuyobozi bwa Gicumbi Fc bwavugaga ko impamvu budahemba ari uko akarere kataratanga amafaranga kemereye iyi kipe muri uyu mwaka.

Kugeza kuri iyi saha nta cyizere gihari ko abakinnyi b’iyi kipe bazemera gukina umukino w’umunsi wa Gatanu wa shampiyona iyi kipe ifitanye na Kiyovu Sports mu gihe cyose batari bwahembwe umushahara wabo w’amezi 3. Gicumbi FC iri ku mwanya wa nyuma wa 16 mu mikino ine imaze gukinwa, imaze gutsindwa imikino yose nta nota na rimwe ifite, ikaba irimo umwenda w’ibitego 6.

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND