Uganda, mu karere ka Amolatar, impagarara ni zose nyuma y'urupfu rubabaje rwa Opolot Thomas w'imyaka 42, aho yiyahuye. Bivugwa ko uyu yiyahuye abitewe n’ipfunwe ryo kutagira umugore kandi afite imyaka myinshi, aho ngo abandi bantu bamusererezaga, bakamukwena.
Inkuru dukesha ikinyamakuru Ankole Times, ivuga ko abaturage basanze Opolot yimanitse mu giti cy'umwembe hafi y'urugo ari naho abayobozi bahereye bemeza ko yiyahuye.
Ibi byabaye ku mugoroba wo ku ya 10 Mata 2025 nyuma y'uko Opolot yari amaze igihe yerekana ibimenyetso by’agahinda gakabije. Abaturanyi n'inshuti bavuga ko yavuze ku bijyanye no kwiyahura, ndetse yabivuze mu gahinda kenshi.
Uyu nyakwigendera, mu magambo ye ya nyuma yagarutse ku
ipfunwe aterwa no kuba adafite umugore, kandi avuga ko ababazwa cyane n’amagambo
asebanya bagenzi be bamuvuga, bamuziza ko adafite umugore.
Umuturanyi umwe yagize ati: "Yagiye yinubiye
cyane abantu bamusebya kubera ko adafite umugore.Bamwe ndetse bavuga ko
afite umuvumo, kandi ibi byaramubabazaga rwose.”
Ibi leta yabyihanangirije abaturage bose, cyane cyane abo mu cyaro, ahakunze
kugaragara ibi bibazo.
Abayobozi b'inzego z'ibanze ubu bahamagariye abaturage
kurushaho kugira impuhwe, kwishyira mu mwanya w’abandi no kuzirikana amagambo
bakoresha iyo bavugana n'abandi. Bashimangira kandi akamaro ko gushaka ubufasha
mu gihe umuntu afite ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe no kwita ku bashobora
kuba bahangana n’ibi bibazo.
TANGA IGITECYEREZO