RURA
Kigali

U Bwongereza: Umupolisi yirukanywe azira gukoresha telefone y’akazi yandikira indaya

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:30/03/2025 10:49
0


Umupolisi wa Metropolitan Police mu Bwongereza, PC Shabul Miah, yirukanywe nyuma yo gusanga yarakoresheje telefone y’akazi yandikira indaya n’abakora umwuga wo kwigurisha, rimwe na rimwe akabikora ari mu kazi.



Nk’uko byatangajwe mu nama yiga ku myitwarire y’abapolisi, Miah yandikiranye n’abantu benshi bari kuri nimero zanditse ku mbuga z’abakora uwo mwuga, hagati ya 5 Mata na 12 Ukwakira umwaka ushize. Ibi byatumye ashinjwa imyitwarire idahwitse no kutubahiriza amabwiriza ya Polisi.

Nyuma yo kwisobanura, umuyobozi wungirije wa Polisi, Laurence Taylor, yavuze ko imyitwarire ya PC Miah yashoboraga kugira ingaruka mbi, kuko yari ashobora gukoresha nabi umuntu ufite intege nke cyangwa gutera inkunga ibyaha by’ubugizi bwa nabi.

Nubwo nta bimenyetso byagaragaje ko yigeze ahura n’abo yandikiraga, urukiko rwasanze yari afite umugambi wo kubikora, kandi ibi byashoboraga gutuma yinjira mu bibazo bikomeye birimo no gushorwamo n’abagizi ba nabi cyangwa gukoresha nabi umwanya we mu kazi.

PC Miah yemeye ko yandikiranye n’izo ndaya, ariko ahakana ko yari afite gahunda yo guhura nazo. Yavuze ko yabikoze ashaka kwirinda ibitekerezo byo kwiyahura, gusa ntiyatanze ibimenyetso by’ubuvuzi byemeza ibyo avuga.

Kubera iyi myitwarire idakwiye umupolisi, yahise yirukanwa nta nteguza, kandi ashyirwa ku rutonde rw’abatemerewe kongera gukora muri Polisi mu Bwongereza.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND