RURA
Kigali

Gutsindwa kwa Rayon Sports: Abafana babyegetse kuri Muhire Kevin-VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:30/03/2025 9:24
1


Abakunzi ba Rayon Sports bamwe ntabwo bari kwemeranya n’imikinire ya Muhire Kevin aho bavuga ko yabwiwe ko arusha abandi umupira maze akanga kujya aha bagenzi be umupira mu kibuga.



Ibi bamwe mu bakunzi ba Rayon Sports baganiriye na InyaRwanda nyuma y’umukino Rayon Sports yatsinzwemo 1-0 na Mukura VS, bavuze ko iyo Kevin aza kugirira icyizere abo bakinana akajya abaha imipira nta kabuza Rayon Sports yari gutsinda.

Yagize ati: "Irindi kosa ryabayeho, turabyemera ko Kevin azi umupira. Kuva bamubwira ko azi umupira nawe asigaye yirara cyane akumva ko akwiye gukora ibyo ashaka ntakinishe bagenzi be. Iyo aza gukinisha bagenzi be twari gutsinda. 

Kevin nagirire bagenzi be icyizere amenye ko aho Fall Ngagne atari bagenzi be bahari ikipe izakina neza. Mu gihe acyumva ko Fall Ngagne nta wuri mu kibuga maze agafata umupira akumva agomba kugera imbere ngo atsinde ntabwo Rayon Sports izigera itsinda.

Kuva Fall Ngagne yavunika ikipe ya Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona ibitego mu mikino ikina. Gutsindwa umukino wa Mukura VS byatumye Rayon Sports iguma ku mwanya wa mbere n’amanota 46 ariko APR FC nitsinda umukino ifitanye na Vision FC kuri iki Cyumweru irasigaza inota rimwe gusa iraba irushwa na Rayon Sports.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ntakirutimana Patrick 1 day ago
    Ntimugaterwe. Ngonamwe Mwitere Ibyabaye Byabaye Umwanya wamagambo Mwakoresha Mukosora Amakosa Yakonzwe



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND