RURA
Kigali

Putin yongeye kwigamba guhirika Zelensky ku butegetsi

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:28/03/2025 17:02
0


Mu gihe Donald Trump ntako atari kugira ngo ngo intambara ya Russia na Ukraine ihagarare, Perezida Putin yatangaje ko hagomba gushyirwaho umuyobozi mushya wa Ukraine usimbura Zelensky kandi ingabo ze zigahangamura iza Ukraine.



Nyuma yo kurahirira kuyobora Amerika, Donald Trump yahise atangaza ko ashyigikiye amahoro kandi ko Amerika igomba kubanza kwiyubaka mbere yo kwishora mu ntambara hirya no hino ku isi.

Ibi byatumye ahita akuraho inkunga za gisirikare zagenerwaga Ukraine ahubwo ashyira imbere inzira yo guhuza Ukraine na Russia hanyuma bakongera bakiyunga intambara imaze imyaka igera kuri 3 igahagarara.

Donald Trump yagerageje kuvuga na Putin ndetse na Zelensky bose bagirana ibiganiro byiza bishobora gutanga umusaruro nk’uko ibiro bya perezida ndetse nawe ubwe yagendaga abitangaza.

Mu gihe hari hashize igihe gito ibihugu byombi byemeranyije gufata akaruhuko bagashyira hasi intwaro, Perezida wa Russia, Vladimir Putin yatangaje ko Perezida Zelensky akwiye kuvanwa ku butegetsi hanyuma hakajyaho abandi bayobozi bashya babereye abaturage ba Ukraine kandi ko abasirikare be bagomba kurangiza aba Ukraine nk'uko ibinyamakuru nka Yahoo news bitangaza.

Putin yagize ati "Twakwaganira n'Amerika, Ibihugu by'Uburayi, kandi by’umwihariko ni inshuti n'abafatanyabikorwa, Umuryango w'Abibumbye ku buryo bwo gushyiraho ubuyobozi bw'igihe gito muri Ukraine."

Putin yakomeje avuga ko nyuma yo gushyiraho ubwo buyobozi bubereye abaturage ba Ukraine, hazakuraho ibindi nko gusinya amasezerano y’amahoro…

Ni kenshi Putin yagiye yumvikana avuga ko Zelensky adakwiye kuba umuyobozi wa Ukraine ahubwo iki gihugu gikwiye gushaka umuyobozi mwiza ukibereye.


Putin yavuze ko Zelensky agomba kuva ku butegetsi


Zelensky ari gutunga agatoki intumwa za Amerika ko ziri kubogamira cyane ku Burusiya





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND