Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Werurwe 2025, RIB yerekanye batatu bafashwe bakurikiranyweho icyaha cyo Kwihesha ikintu cy'undi mu buriganya, Iyenzandonke, Ishimishamubiri rishingiye ku gitsina ndetse n’ubufatanyacyaha.
Ni igikorwa cyayobowe n’umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, kibera ku biro by'urwego rw'Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, biherereye Kimihurura.
Umuvugizi
wa RIB yavuze ko aba batatu berekanywe barimo; Mungururire Eric washinze
kampani arizo Kora nawe Ltd, Abanyamwuga, Gura na Serivisi zose na New Job Ltd
zihuriye ku gushuka abantu bakabaka amafaranga bababwira ko bazabaha akazi.
Abandi
ni Iradukunda Mariam na Beneyo Jean Norbert bose bacyekwaho icyaha cy’ubufatanyacyaha
muri ibyo byose byavuzwe haruguru. Aba bose bafashwe banatabwa muri yombi ku wa
20 Werurwe 2025.
Umuvugizi
wa RIB avuga ko nubwo bakoraga bakaniba amafaranga y’abaturage, ntabwo aba
bajyaga batanga imisoro kandi bari bafite ibiro bakoreramo mu bice byo hirya no
hino mu mujyi wa Kigali nka Nyabugogo, MIC, Kimironko na Remera.
Dr
Murangira B Thierry yatangaje ko aba bose bashatse amayeri yo kujya babeshya
abantu ko batanga akazi, bakanamamaza, hakaba abandi bagenda babeshya ko bahawe
akazi binyuze muri izo Kampani.
Yagize
ati: “Abo bakozi nibo bashakaga abakiriya, uje abagana hari amafaranga yagombaga
kubaca yitwa ‘Service fee’ (Ni ukuvuga amafaranga ya serivisi) 10,000Frw.
Amayeri ye ni ugufata amafaranga macye ku bantu benshi.”
Yavuze
ko abantu bagwaga mu mutego wo kuvuga ngo ni amafaranga macye nikaboneka
kazaboneke, nikataboneka kandi nabwo nta kundi, yibutsa abantu ko nta muturage
wagakwiye kwamburwa utwe ngo akomeze arebere.
Ati
“Abantu rero bakagwa muri uwo mutego ngo nikaboneka kazaboneke kandi nikataboneka,
ibihumbi icumi si menshi.Mu by'ukuri ntabwo wari ukwiye gutanga amafaranga yawe
nubwo yaba 1,000Frw kuko kuriwe bituma aguma muri iyo nzira yo guhora atwara
amafaranga y’abantu.”
Aba
bombi bakurikiranyweho ibyaha bitatu; Kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe
uburiganya, iyeza ndonke. Beneyo Jean Norbert na Iradukunda bakaba
bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu gihe Eric we yihariye ku cyaha cyo gusaba
no gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.
Mu
gihe ibi byaha byabahama, icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya,
gihanwa n’ingingo 174 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano aho ugihamijwe n’urukiko
ahabwa igifungo kiri hagati y’imyaka 2-3 n’ihazabu y’amafaranga hagati ya
miliyoni 3-5.
Icyaha
cy’iyezandonke gihanwa n’ingingo ya 56 y’itegeko ryerekeye gukumira no guhana
iyezandonke. Ugihamijwe ni igifungo cy’imyaka 10-15 ndetse n’ihazabu ya
miliyoni 3-5.
Gusaba
cyangwa gukora ishimishamubiri gihanwa n’ingingo ya 6 y’itegeko ryerekeye
kurwanya ruswa aho ugihamijwe ahabwa igihano cy’igifungo kiri hagati y’imyaka
5-7 ndetse n’ihazabu y’amafaranga hagati ya miliyoni 1-2.
Aba
bacyekwaho ibi byaha bafungiwe kuri sitasiyo ya Nyarugenge. Dosiye yabo ikaba
iri gukorwa kugira ngo yoherezwe mu bushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’itegeko.
Umuvugizi wa RIB yasabye abaturage gutanga amakuru no kwirinda ababaka amafaranga bababeshya
Batatu bakekwaho ibyaha birimo ubushukanyi n'iyezandonke, batawe muri yombi ku wa 20 Werurwe 2025
TANGA IGITECYEREZO