RURA
Kigali

Rusizi: Abacuruza isambaza n’amafi bakanguriwe kwimakaza ubuziranenge barwanya imirire mibi – AMAFOTO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:24/03/2025 19:01
0


Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbere iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi nk’inkingi y’iterambere rirambye no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage. Mu rwego rwo kongera ubuziranenge bw’ibiribwa by’umwihariko imbuto, imboga n’ibikomoka ku bworozi bw’amafi, hashyizweho amabwiriza agamije kunoza imikorere y’uru rwego.



Mu gukomeza gukangurira abaturage kwimakaza ubuziranenge, Ikigo cy’Igihugu Gitsura Ubuziranenge (RSB) gifatanyije na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imikurire y’umwana (NCDA), batangije ubukangurambaga bugamije kumenyekanisha aya mabwiriza no kureba uko ashyirwa mu bikorwa.

Ubukangurambaga bwatangirijwe i Rusizi

Kuri uyu wa Mbere, tariki 24 Werurwe 2025, ubu bukangurambaga bwatangirijwe mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, aho abakora ubucuruzi bw’isambaza, amafi n’ibiyakomokaho, basabwe gushyira imbere ubuziranenge kugira ngo umusaruro ugere ku muturage wujuje ibisabwa.

Umuyobozi wa Koperative Projet Pêche, ifite ubushobozi bwo kwakira no kumisha toni imwe y’isambaza ku munsi, yagaragaje ko ibyo bakora byagize uruhare mu guhindura imibereho y’abatuye aka karere. 

Yagize ati: “Nk’iyi fu y’isambaza ifasha abafite imirire mibi, abana barazamuka. Isambaza zari zisanzwe zumira iminsi itatu, ubu zumira amasaha ane cyangwa atanu.”

Gusa, yavuze ko ikibazo cy’ibiciro bikiri hejuru kigira ingaruka mbi ku baturage, kandi ko hakenewe igisubizo kirambye cy’igenamigambi ku biciro by’umusaruro w’amafi n’isambaza.

Ibibazo by’ubuziranenge mu bucuruzi bw’isambaza

Nubwo ubuyobozi busaba abacuruzi gukomeza gushyira imbere ubuziranenge, hari abagaragaza ko bigoye kubera imiterere y’aho bakorera n’ibikoresho bitajyana n'igihe.

Uzayisenga Agnes, umwe mu bacuruzi b’isambaza, yagize ati: “Nta buziranenge buhari da! Urabona ni mu bihuru, nta bantu bakihaza, benshi basigaye bakorera n’i Nyamasheke aho gukorera hano. N’utuyunguruzo twatonze umugesi.”

Yasobanuye ko isoko ry’isambaza muri Rusizi ryatangiye gucumbagira, kandi n’izo bacuruza zitujuje ubuziranenge kubera aho zicururizwa n’ibikoresho bishaje.

Uruhare rw’ubuziranenge mu guteza imbere uburobyi


Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gushyiraho amabwiriza muri RSB, Gatera Emmanuel, yavuze ko ubu bukangurambaga bwibanda ku guteza imbere urwego rw’uburobyi bw’amafi no kongera intungamubiri mu biribwa.

Ati: “Icyatumye dushyira imbaraga aha ni uko amafi n’ibiyakomokaho bifite uruhare runini mu kongera intungamubiri, by’umwihariko mu kuvugurura imirire.”

Yakomeje avuga ko hakenewe kongera ubukangurambaga kugira ngo abaturarwanda bamenye akamaro k’amabwiriza y’ubuziranenge mu kongera agaciro k’umusaruro ukomoka ku mafi.

Imirire mibi muri Rusizi


Hashingiwe ku bushakashatsi bwakozwe mu 2020, Akarere ka Rusizi ni kamwe mu turere tugifite ikibazo cy’imirire mibi, by’umwihariko igwingira ry’abana. Aka karere kandi ni kamwe mu turere 13 dufashwa na Banki y’Isi binyuze mu mushinga wa SPRP.

Nathan Kabanguka, ukora muri NCDA, yasobanuye impamvu aka karere kagifite iki kibazo nubwo gafite amafi n’isambaza.

Ati: “Igihari gikomeye cyane, ni ubukangurambaga no gushishikariza abantu kurya indyo yuzuye cyane cyane aha turi, kuko tubonye ko ari aborozi. Ikigaragara neza ni uko mu gihugu muri rusange, abantu barya ibikomoka ku matungo, bikiri hasi. 

Biranashoboka ko ariyo mpamvu aka karere kari mu turere dufite ikibazo gifite imirire mibi.”

Ubu bukangurambaga buzakomereza mu tundi turere

Biteganyijwe ko ubu bukangurambaga buzakomereza no mu yandi turere twa Gicumbi, Musanze, Rubavu, Karongi, Nyamasheke na Rusizi, aho hazasurwa inganda, amasoko, ndetse n’ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bw’amafi.

Iki gikorwa kigamije gufasha abaguzi kubona ibiribwa byujuje ubuziranenge, kongerera agaciro umusaruro w’amafi no gufasha mu kurwanya imirire mibi mu bice bitandukanye by’igihugu.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND