RURA
Kigali

Abafana ba Man United bakubiswe n’inkuba

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:18/03/2025 10:05
0


Ku nshuro ya Gatatu yikurikiranya, Manchester United yazamuye ibiciro by’amakarita y’itike y’umwaka ku kigero cya 5%, icyemezo cyatunguranye kigateza impaka nyinshi mu bafana.



Nubwo umuryango w’abafana ba United (MUST) wagaragaje ko izamuka ry’ibiciro ridakanganye nk’uko byari byitezwe, wasabye ko ibiciro byagombaga gukomeza kuba uko byari bisanzwe. Gusa, ubuyobozi bw’ikipe bwasobanuye ko izi mpinduka ari ngombwa kugira ngo Manchester United igire umutekano mu bijyanye n’ubukungu.

MUST yagaragaje ko abafana benshi bababajwe n’ukuntu ubuyobozi bwirengagije icyifuzo cyabo cyo kudahindura ibiciro. Mu itangazo ryasohowe n’uyu muryango, hagarutswe ku kuba “izindi kipe zafashe ingamba zo kutazamura ibiciro,” ndetse hakemezwa ko ibi byari gutanga ubutumwa bwiza bwo gufatanya mu kuzamura ikipe iri mu bihe bigoye.

Bimwe mu byahindutse ku bw’iki cyemezo harimo uburyo bushya bwo gushyira imikino mu byiciro, aho imikino ikomeye izajya igurwa amafaranga menshi. Abafite amakarita y’itike y’umwaka bazasabwa kwitabira imikino 16 kuri 19 aho kuba 15 nk’uko byari bisanzwe. Ibiciro by’aho guparika imodoka byiyongereye ku kigero cya 15%.

Umwe mu bayobozi ba Manchester United, Omar Berrada, yavuze ko bafashe uyu mwanzuro bagamije kugabanya igihombo cy’ikipe. Ati: “Twumvise impamvu abafana basaba ko ibiciro bitahinduka, ariko twasanze bidashoboka. Ibi bizafasha United gukomeza gushora amafaranga mu ikipe no kugabanya ibihombo twagize mu bihe bishize.”

Sir Jim Ratcliffe, umufatanyabikorwa mukuru wa Manchester United, na we yashimangiye ko izi mpinduka zigamije gutuma ikipe yongera kugira imbaraga mu guhangana ku rwego mpuzamahanga.

Sir Jim Ratcliffe yagize ati “Manchester United igomba kugira ubushobozi bwo gushora amafaranga mu bakinnyi no mu ikipe muri rusange. Ibiciro by’amakarita ni kimwe mu byinjiriza ikipe amafaranga menshi, ni ngombwa kubigenzura neza.”

Mu gihe ubuyobozi bwa United bwemeza ko ibi byari ngombwa, abafana ntibanyuzwe. Hari impungenge ko kuzamura ibiciro bishobora kurushaho gukurura umwuka mubi hagati y’ikipe n’abayishyigikiye.

 

Abakunzi ba Manchester United batunguwe n'izamuka ry'igiciro cy'amatike

Umuyobozi wa Man United yashimangiye ko kuzamura amatike y'umwaka bizagira ingaruka nziza ku ikipe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND