RURA
Kigali

Uyu munsi mu mateka y’Isi: Israel yashyizeho Minisitiri w’Intebe wa mbere

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/03/2025 8:17
0


Tariki 17 Werurwe ni umunsi wa 75 w’uyu mwaka usigaje indi 291 ngo ugere ku musozo.



Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.

Bimwe mu byabaye kuri iyi tariki mu mateka:

1805: Napoleon wari Perezida wa Repubulika y’u Butaliyani, yahindutse Umwami w’ubwami bw’u Butaliyani.

1941: Muri Washington D.C., inzu y’ubugeni y’igihugu yafunguwe ku mugaragaro na Perezida Franklin D. Roosevelt.

1958: Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyize ku mugaragaro satellite ya Vanguard 1.

1969: Golda Meir yabaye Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Israel.

1985: Richard Ramirez bakunze kwita Night Stalker wari umwicanyi kabuhariwe, bwa mbere yica yishe babiri abiciye i Los Angeles no muri Californie.

1963: Ku musozi wa Agung wo ku Kirwa cya Bali hapfiriye abantu 11.000.

Bamwe mu bavutse kuri iyi tariki:

1979: Sharman Joshi, umukinnyi wa filime w’Umuhinde.

1986: Miles Kane, umuririmbyi w’Umwongereza.

Bamwe mu bitabye Imana kuri iyi tariki:

180: Marcus Aurelius, Umwami w’Abami w’u Bwongereza.

2006: Bob Blue, umuririmbyi w’Umunyamerika akaba n’umwanditsi.

2010: Alex Chilton, umucuranzi w’Umunyamerika.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND