RURA
Kigali

RPL: Golilla FC yashimangiye umwanya wa Gatatu nyuma yo kwivugana Muhazi United

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:14/03/2025 17:00
0


Gorilla FC yashimangiye umwanya wa gatatu muri shampiyona y'u Rwanda nyuma yo gutsinda Muhazi United mu mukino w'umunsi wa 21 wa Rwanda Premier League.



kuri uyu wa Gatanu itariki 14 Werurwe 2025 ikipe ya Gorilla FC yari yakiriye Muhazi United mu mukino w'umunsi wa 21 wa Shampiyona y'u Rwanda, Rwanda Premier League 2024-25.

Ni umukino yatangiye ikipe ya Gorilla FC iri hejuru cyane kuko Ku munota wa kabiri Ndikumana Landly yatsinze igitego cya mbere cya Gorilla FC nyuma y'uburangare bw'abakinnyi ba Muhazi United.

Ku munota wa 19 Nsanzimfura Keddy wa Gorilla FC yaje kwerekwa ikarita y'umuhondo nyuma yo gufata amaboko ya Nikolas Kagaba wa Muhazi United akamubuza kurengura umupira neza.

Ku munota wa 42 Muhazi United yabonye Amahirwe yo kwishyura igitego maze kufura yatewe na Shaka Tresor  umuzamu wa Gorilla FC Muhawenayo God akuramo umupira maze Muhazi United iguma kubura Amahirwe yo kwishyura. Igice cya mbere cyarangiye Gorilla FC ifite igitego kimwe Ku busa bwa Muhazi United.

Igice cya kabiri cyagarukanye imbaraga zidasanzwe Ku ruhande rwa gorilla FC ariko abakinnyi nka Nikola Kagaba, Joseph Sackey, Niyitegeka Idrisa baguma kurata ibitego maze Gorilla FC iguma kuyobora umukino.

Ku munota wa 60 Gorilla FC yashakaga kubaka ibyo yari yagezeho yakoze impinduka maze Zizi Kisolokele Mpolo aha umwanya Nshutinziza Didier.

Impinduka za Gorilla FC zatumye imbaraga ziyongera maze ku munota wa 68 Nduwimana Frank aba atsindiye igitego cya kabiri nanone nyuma y'uburangare bwa ba myugariro. Umukino warinze urangira ari ibitego bibiri bya Gorilla FC ku busa bwa Muhazi United.

Gutsinda uyu mukino byatumye ikipe ya Gorilla FC iguma ku mwanya wa Gatatu n'amanota 33 mu gihe ikipe ya Muhazi United yo yagumye ku manota 23.

Nduwimana Frank yafashije ikipe ya Gorilla FC kubona amanota atatu nyuma yo gutsinda Muhazi United

Gorilla FC yagumye gushimangira umyanya wa Gatatu inyuma ya APR FC na Rayon Sports

Gorilla FC ikomeje gukora ibitangaza muri uyu mwaka w'imikino nyuma yo kurusha amakipe akomeye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND