RURA
Kigali

Hari abakobwa bayishakira mu bagabo! Dore ibiribwa wabonamo B12 utishoye mu busambanyi

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:24/02/2025 9:32
0


Mu biribwa bibonekamo Vitamin ya B12 harimo ibiboneka byoroshye ndetse n’ibindi bisa n’ibyihagazeho, ariko n’ubundi dukunze kwitekereza iwacu mu miryango.



Ushobora kuba warigeze kumva mugenzi wawe, cyangwa se n’undi muntu utazi, avuga ko mu masohoro y’abagabo habamo Vitamin B12. 

Ibi bigatuma abakobwa bamwe bishora mu busambanyi butanakingiye kugira ngo babone iyo B12 ngo ibafasha kugira imiterere myiza, nyamara batanitaye ko iyo mibonano mpuzabitsina yabasigira indwara zitandukanye zirimo izidakira, gutwara inda zitateganyijwe ndetse n’ibindi.

Nyamara hari ibiryo bitandukanye ushobora gusangamo vitamin B12, ukabasha kuyibona bitagusabye kwishora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye yagusigira ibibazo byinshi bikwicira ubuzima.

Urubuga Healthline.com ruvuga ko B12 ikunze kuboneka cyane mu bikomoka ku matungo byiganjemo cyane inyama. Ushaka B12 iri ku kigero cyo hejuru, ugirwa inama yo kurya inyama y’umwijima ndetse n’impyiko.

Aba bahanga mu buzima, bakomeza bavuga ko muri izi nyama habonekamo B12 iri ku rwego rwo hejuru kurusha mu nyama zisanzwe, gusa bakemeza ko no mu nyama zisanzwe B12 ibamo.

Ibindi biribwa bibamo B12 ni inyama z’inka, amata y’inka n’ibindi biribwa cyangwa ibinyobwa bakoramo nka Yahurute, amagi, amafi yo mu bwoko bwa Sardine, n’ibindi.

Ese koko mu masohoro habamo B12 ?

Yego, mu masohoro y’umugabo habonekamo B12 ariko ku kigero kiri hasi cyane ku buryo ibamo ntacyo yakumarira. Uwavuga ko uwazanye iki gitekerezo cyari gishingiye ku gushaka kuroha abakobwa mu mibonano mpuzabitsina idakingiye, ntabwo yaba abeshye.

B12 iba mu masohoro y’abagabo nta kintu yagufasha mu kugira ubuzima bwiza, ahubwo ugirwa inama yo kurya ibyo biribwa niba koko ukeneye iyo vitamin.

None se koko B12 ituma umukobwa azana amataye!?

Ubwo twakoraga iyi nkuru twagerageje kureba inyigo zagiye zikorwa kuri Vitamin B12, gusa nta na hamwe twabonye ko ifasha umuntu kuba yabyibuha igice icyo aricyo cyose.

Gusa B12 ikenerwa mu mubiri cyane mu ikorwa rya ‘Red blood cells’ arizo zitwara umwuka ziwugeza ahantu hose mu mubiri. Iyi kandi niyo ifasha umubiri gukora ‘DNA’ zimwe zerekana isano hagati y’umwana n’umubyeyi mu gihe habayeho gushidikanya.

B12 kandi ifasha ubwonko gukora neza, igafasha uyifite ihagije kugira imbaraga, ndetse no kugira uruhu rwiza. 

Bimwe mu bimenyetso bikwereka ko ukeneye B12 kuko iyo ufite idahagije, harimo kugira intege nke, kugagara igice cy’umubiri ukamera nk’ubaye ‘pararize’, gutakaza ibiro cyane ndetse no kwiyongera cyane ko gutera k’umutima.

Abahanga bagaragaza ko umubiri utabika B12 mu gihe wayifashe ari nyinshi, bityo bakavuga ko gufata nyinshi cyane nabyo atari byiza ku mubiri w’umuntu.


 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND