RURA
Kigali

Akamaro k'umuziki mu buvuzi

Yanditswe na: NKUSI Germain
Taliki:21/02/2025 9:42
0


Music Therapy ni uburyo bw’ubuvuzi bukoresha umuziki mu kuvura no kugabanya ibibazo bitandukanye cyane cyane iby'imitekerereze n'imihangayiko, kandi bwagaragaye ko bufite akamaro gakomeye mu buzima bw’abantu.



1.Kuvura indwara z’umutima n'ubwonko

Mu buzima bwa buri munsi, indwara z’umutima n’ubwonko ni zimwe mu mbogamizi zikomeye zihangayikishije abantu benshi. Music Therapy yafashije abantu benshi kugabanya ingaruka z'izi ndwara, ndetse no kuzivura. Ubu buryo bw'ubuvuzi bwakomeje gukundwa kubera ubushakashatsi bwagaragaje ko bufite ingaruka nziza ku barwayi.

2.Kugabanya agahinda n’imihangayiko

Ubushakashatsi bwerekanye ko Music Therapy ifasha mu kuvura indwara z'ubwonko nk’agahinda gakabije, stress, n’imihangayiko. Abashakashatsi barimo n’umushinwa wakoranye n’abarokotse intambara ya kabiri y’isi, bemeje ko kumva cyangwa gukina umuziki bifasha guhindura imitekerereze, bigatera icyizere no guhindura amarangamutima. Iyo uhuje umuziki n'ubuganga, bishobora kuvamo igisubizo gikomeye ku murwayi.

 3.Kuringaniza amarangamutima

Inzobere zemeza ko umuziki ushobora guhindura imitekerereze y’umuntu, ugafasha kugabanya ibibazo by'agahinda cyangwa kwigunga. Ibi biterwa n’uko kumva umuziki cyangwa kuwucuranga bituma umuntu yiyumva mu bihe byiza, bikagabanya ibitekerezo bibi.

 4.Kuvura indwara z’imyakura

Abarwayi bafite indwara z’imyakura, nka Parkinson’s, bagaragaje ko Music Therapy ibafasha mu kugumana ubushobozi bwo kugenda neza no kugabanya ububabare. Music Therapy yifashishwa nk’imyitozo ngororamubiri, ikaba ifasha umurwayi kugira imbaraga no kugumana icyizere cyo gukira.

 5.Guhumuriza no kwihutisha gukira

Ubushakashatsi bwakorewe mu bigo nderabuzima bwerekanye ko Music Therapy ifasha mu kwihutisha urugendo rwo gukira ku barwayi bamwe na bamwe. Hari n’umuganga witwa Raymond Leone wagaragaje ko buri munsi yamenyaga byinshi binyuze mu kwita ku barwayi akoresheje umuziki.

 6.Urugero rw’impinduka z’ubu buvuzi

Umubyeyi wa Jimmy, umwana wari ufite ibibazo byo mu mitekerereze, yashimye abaganga bakoresheje Music Therapy, ati: "Mwarakoze kuba mwaratumye Jimmy yongera kwishima. Music Therapy yabereye ingirakamaro ubuzima bwa Jimmy.”

Music Therapy rero, mu gihe ikoreshejwe neza n’inzobere, ni uburyo bufasha abarwayi guhindura ubuzima bwabo no gukira vuba. Bifasha mu buryo bw'imitekerereze n'amarangamutima, bikaba icyizere gishya ku barwayi batandukanye nk'uko tubikesha  www.health.havard.ed.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND