RURA
Kigali

Aho si Musaze FC yatangiye kuryana?

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:13/02/2025 12:33
0


Ikipe ya Musanze FC ishobora kuba iri guca amarenga ko igiye kugaruka mu bihe byiza kuko mu mikino ibiri iherutse gukina na Rayon Sports na APR FC, yatumye abakunzi bayo makipe bakambya agahanga.



Ku Cyumweru tariki 9 Gashyantare 2025, abakunzi ba Rayon Sports ntabwo biyumvishije uburyo ikipe yabo yanganyije umukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona na Musanze FC ibitego 2-2, batangira gutekereza ko ikipe yabo ishobora kuba iri gusubira hasi mu rwego rw’imikinire.

Ni umukino Rayon Sports yabanje igitego cyatsinzwe na Fall ngagne ku munota wa 45+5 ariko nyuma y’iminota ibiri gusa ku wa 45+7 Sunday Inemesti yahise agombora igitego maze igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya 1-1.

Kurangiza igice cya mbere inganya na Rayon Sports ntabwo byari bihagije gusa ngo Musanze FC ice amarenga ko iri mu bihe byiza, kuko ubwo uwo mukino wari ugiye kurangira uwitwa Johnson Adeaga ku munota wa 89 yongeye gukora mu jisho rya Raron Sports aza yishyura igitego cya kabiri Fall Ngagne yari amaze gutsinda ku munota wa 79.

Uko kunganya umukino na Rayon Sports benshi batangiye guhamya ko ari urwero rwa Gikundiro rushobora kuba ruri gusubira hasi ariko kuri uyu wa Gatatu Musanze FC yongeye gutanga ubutumwa ubwo yanganyaga na APR FC 0-0 mu gikombe cy’Amahoro.

Uyu mukino wakinwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu Musanze Fc ifite gahunda yo kwitwara neza, Ubutumwa yari iherutse guha Rayon Sports yabukomereje kuri APR FC aho yari yayiziritse naze umukino wa mbere ubanza muri 1/8 mu gikombe cy’Amahoro, Ikipe y'Ingabo z'Igihugu  ikava iMusanze yimyiza imoso.

Nubwo Musanze FC ikomeje gutanga ubutumwa ku makipe akomeye ntabwo ibintu biraba byiza ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda 2024-25 kuko kugeza ubu ni iya 11 n’amanota 17 ku rutonde rw’agateganyo muri shampiyona y’u Rwanda.

Ku isoko ry’igura n’igurisha ryo muri Murarama ku munsi wa nyuma wo kugura abakinnyi, Musanze FC yasinyishije Owusu Osei, Batte Sheif na Rashid Mchelenga, aba bakaba bari gushyira itafari ryabo ku kwitwara neza kuri iyi kipe.

     

Musanze FC ikomeje gutanga ubutumwa ko iri mu bihe byiza nyuma yo kugora APR FC mu gikombe cy'Amahoro bikanganya ubusa ku busa

APR FC yananiwe kwivana mu biganza bya Musanze FC

Musanze yanganyije na APR FC nta minsi itatu inyuzemo ibujije Rayon Sport kubona amanota atatu muri shampiyona






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND