RURA
Kigali

Si byiza kuyiraza ku muriro! Amakosa atanu yangiza bateri ya telephone yawe

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:13/02/2025 9:38
0


Gutunga telephone ishiramo umuriro vuba ni kimwe mu bibuza umutekano benshi kandi baraziguze atariko bimeze, nyamara ugasanga hari igihe nyirayo abigiramo uruhare.



Ukuri ni uko uko igihe gishira ukoresha telephone yawe, imikorere ya bateri yayo iba igomba gutakaza imbaraga uko byagenda kose. Gusa uko uyikoresha bishobora kwihutisha kwangirika kwayo, cyangwa se ikamara igihe kitari gito ikora neza, yanagabanya igihe ibika umuriro ntibikabye cyane.

Reka turebere hamwe amakosa dukunze gukora yangiza bateri za telephone zacu nyamara tukabikora tutabizi.

 

1.      Kureka telephone yawe igashiramo umuriro burundu:

Benshi dukunze gukoresha telephone zacu kugeza zishizemo umuriro burundu, gusa abahanga mu by’ikoranabuhanga bagaragaza ko iyo uyicometse yageze kuri 0% ari kimwe mu byica bateri.

Ubundi ugirwa inama yo kujya ucomeka telephone, umuriro ukiri nko kuri 20%

 

2.      Ubushyuhe bwinshi.

Hari igihe ucomeka telephone ukayirambika nko ku zuba cyangwa ahandi hantu hashyushye cyane. Ibi ni bimwe mu bishobora kwangiza bateri ya telephone yawe, ndetse kandi n’ubukonje bukabije ubwabwo bushobora kuyica. Ugirwa inama yo gushyira telephone yawe ahantu hari igipimo cy’ubushyuhe kitari hejuru cyane cyangwa hasi cyane.

 

3.      Gucomeka telephone ikageza ku 100%.

Nubwo benshi baba bifuza gucomeka telephone zabo zikuzura 100%, gusa abahanga bagira umuntu inama yo kuyicomeka byibura ikagera kuri 80% ukayikura ku muriro.

Aha ni naho kandi bavuga ko ari bibi cyane kuyicomeka ukayiraza ku muriro, kuko uyikuraho mu gitondo imazeho amasaha menshi.

4.      Gukoresha uturahuzo(Charger) zitujuje ubuziranenge.

Hari igihe umuntu agura telephone ye imuhenze, ariko yajya kugura akarahuzo akagura aka make kubera kwanga gutanga amafaranga. Gusa burya ubuzirangenge bw’akarahuzo ukoresha ni kimwe mu byo ukwiye kwitaho cyane.

5.      Gukoresha telephone icometse.

Bikunze kubaho ko umuriro wagushirana ugahita ucomeka telephone, ariko ugakomeza kuyikoresha mu gihe ibi bicometse. Ibi ni ibintu bibi cyane kuko uretse kuba byica bateri yayo, ni n’ibintu bishobora huteza impanuka ikomeye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND