Mu birori byo kwizihiza Umunsi w’Intwari z’Igihugu, Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baganiriye ku ndangagaciro zaranze Intwari z’Igihugu, ndetse banibukiranya ko bagomba kwimakaza umuco w’ubutwari mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Inkuru dukesha RBA ivuga ko, Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yagaragaje ko urugamba rw’Intwari zatabaye igihugu rutari urw’amasasu gusa, ahubwo ko rugaragarira no mu bikorwa bya buri munsi.
Yavuze ko nk’Abanyarwanda batuye mu mahanga, bafite inshingano zo gukomeza gusigasira isura nziza y’igihugu, gusangiza abandi amakuru nyayo ku ntambwe u Rwanda rumaze gutera, no guhangana n’abashaka kwangiza isura y’u Rwanda.
Abanyarwanda batuye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bifatanyije mu birori byo kwizihiza umunsi w'intwari
TANGA IGITECYEREZO