Kigali

Sena yemeje Kayinamura Ulrich nk'Umuyobozi Mukuru w'Ikigega Agaciro Development Fund

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:24/10/2024 15:52
0


Kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, Inteko Rusange ya Sena yemeje Kayinamura Ulrich ku mwanya w'Umuyobozi Mukuru w'Ikigega Agaciro Development Fund.



Ni nyuma y’isuzuma ryakozwe na Komisiyo y'Iterambere ry'Ubukungu n'Imari muri Sena, aho yasanze afite ubumenyi, ubushobobozi, ubunararibonye bizamufasha kuzuza inshingano ze.

Abandi bayobozi bemejwe na Sena barimo Munyangaju Aurore Mimosa nka Ambasaderi w'u Rwanda muri Luxembourg na Uwase Patricie, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Cooperation Initiative (RCI).

Ibi bije bikurikira inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 18 Ukwakira 2024, iyobowe na Perezida Kagame, yafashe imyanzuro n’ingamba bitandukanye ndetse ishyira mu myanya abayobozi mu nzego zitandukanye.

Iyi nama ni yo yagize Ulrich Kayinamura, Umuyobozi Mukuru wa Agaciro Development Fund, umwanya yasimbuyeho Mutesi Rusagara wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi muri Guverinoma nshya.

Kayinamura yari asanzwe ari Umuyobozi ushinzwe ishoramari muri BK Capital, akaba afite ubunararibonye mu bijyanye n’ishoramari bw’imyaka irenga 15.

Indi mirimo Kayinamura yakoze harimo kuba umuyobozi muri Banki Nyafurika ya Southbridge Group, yabaye Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’ubugenzuzi bw’inguzanyo muri BPR Bank, yabaye Senior Investment Analyst mu kigega BDF.

Kayinamura afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza muri Business Administration yakuye muri Kaminuza ya Groningen mu Buholandi.

Iyi nama kandi, yagize Aurore Mimosa Munyangaju, wabaye Minisitiri wa Siporo, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Luxembourg, mu gihe Uwase Patricie wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Rwanda Cooperation Initiative (RCI).

Mimosa Munyangaju yabaye Minisitiri wa Siporo kuva mu Ugushyingo 2019 kugeza muri Kanama 2024 ubwo hashyirwagaho Guverinoma nshya agasimburwa na Nyirishema Richard.

Munyangaju afite impamyabumenyi ya Master’s Degree mu bijyanye n’imicungire y’imishinga [Project Management] yakuye muri kaminuza yitwa Maastricht School of Management mu Buholandi.

Yabaye umuyobozi mu kigo cy’Ubwishingizi cya SONARWA Life, akaba yaranakoze muri COOPEDU nk’umuyobozi ushinzwe ubugenzuzi mu mirimo itandukanye yakoze mbere. Yamaze kandi imyaka 18 akora mu bijyanye n’ubucuruzi ndetse no mu ishoramari ndetse afite ubumenyi buhanitse ku isoko ry’imari n’imigabane.

Uwase Patricie wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo kuva muri Gashyantare 2022 kugeza muri Kamena uyu mwaka ubwo yasimburwaga na Olivier Kabera.

Mbere y’izo nshingano kandi yabaye Umunyamabanga Uhoraho muri iyo Minisiteri. Afite imyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza muri ‘Civil Engineering’ yakuye muri Kaminuza ya California.


Inteko Rusange ya Sena yemeje Kayinamura Ulrich nk'Umuyobozi Mukuru w'Ikigega Agaciro Development Fund

Aurore Mimosa yemejwe nka Ambasaderi w'u Rwanda muri Luxembourg 

Uwase Patrice yemejwe nk'Umuyobozi Mukuru wa RCI

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND