RFL
Kigali

Turateganya gutura mu Rwanda- Sintex ku mugore we nyuma y’indirimbo yamukoreye- VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:14/10/2024 18:31
0


Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Sintex wongeraho Calabashboy yatangaje ko we n’umugore we bateganya gutura mu Rwanda, ni nyuma y’uko ashyize hanze indirimbo ya kabiri yamukoreye ariko inagenewe n’abandi bari mu rukundo.



Ibaye indirimbo ya kabiri uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo ‘Twifunze’ akoreye umukunzi we nyuma ya ‘Gradiator’ yanakoreye amashusho yayo.

Sintex avuga ko yandika iyi ndirimbo ye nshya yise ‘Mukwano’ yatekerezaga ku mukunzi we, ariko kandi yanishyize mu mwanya w’abantu bose bari mu rukundo.

Ati "Iyi ni indirimbo isanzwe nakoreye abantu bose bakundana, bagomba kujya' bishimira, bakayibyina, umugore wanjye namukoreye 'Gladiator' ariko bitavuze ko n'iyi ngiyi mba ntayimukoreye n'ubundi nawe ni indirimbo mba namutuye. Kimwe n'uko n'abandi bose bayitura abakunzi babo."

Akomeza ati "Muri rusange ni indirimbo yo gushimisha Abanyarwanda n'abandi bose bakunda umuziki Nyarwanda."

Abajijwe niba we n’umukunzi we bateganya kuba batura muri Canada, aho umugore we asanzwe abarizwa, yasubije ko bateganya gutura mu Rwanda.

Avuga ati "Naho ibyo gutura (muri Canada) ntabwo turabimenya neza kubera ko twebwe turapanga gutura mu Rwanda ntabwo dupanga gutura hijya, ni ugutura ku isoko."

Ku wa 24 Kanama 2023, nibwo Sintex yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Shadia usanzwe ubarizwa muri Canada.

Hari abatekereje ko Sintex azahita ajya gutura muri Canada nk’uko byagiye bigenda kuri bamwe mu bahanzi bagiye bakundana n’abakobwa babarizwa mu mahanga.

Sintex yamenyekanye cyane binyuze mu ndirimbo zubakiye ku njyana ya Dancehall. We n’umugore we ntibavuzwe mu itangazamakuru mu ntangiriro z’urukundo rwabo, kugeza ubwo biyemeje kubana nk’umugabo n’umugore.

Ubwo yasohoraga amafoto yo guhana isezerano imbere y’amategeko, Sintex yabwiye umugore ko azamukunda kugeza ku mwuka wa nyuma azahumeka muri ubu buzima.

Yumvikanishijeho ko inseko icyeye yagize ku maso ayikesha umukunzi we wemeye kubana nawe by’iteka ryose.

Sintex yavuze ko indirimbo ‘Mukwano’ yayikoreye abarimo umugore we baherutse gusezerana imbere y’amategeko

Sintex yashimangiye ko we n’umukunzi we bateganya gutura mu Rwanda

Shadia Keza asanzwe atuye muri Canada ku buryo hari abatekereje ko Sintex azahita amusangayo

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ‘MUKWANO’ SINTEX YATUYE UMUGORE WE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND