RFL
Kigali

DJ Brianne yarokotse impanuka y'imodoka - AMAFOTO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:14/10/2024 15:30
0


Abarimo DJ Brianne bakoreye impanuka y'imodoka mu Karere ka Nyamagabe baturuka i Rusizi berekeza i Kigali, gusa amakuru ahari ni uko ntawahasize ubuzima cyangwa ngo akomereke bikabije.



Mu masaha yo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024, ni bwo hamenyekanye amakuru y'uko DJ Brianne n’abo bari kumwe mu modoka baturuka i Rusizi berekeza i Kigali bakoreye impanuka mu Karere ka Nyamagabe, icyakora Imana ikinga akaboko ntihagira uhasiga ubuzima cyangwa ngo akomereke bikabije.

Dj Brianne yari ari kumwe na Keza umufasha kuvuza ingoma iyo ari gucuranga. Ni impanuka yabaye mu ma masaha ya Saa munani n'igice z'umugoroba kuri uyu wa 14 Ukwakira 2024, yabereye mu karere ka Nyamagabe ubwo bari mu nzira bava i Cyangugu baza i Kigali.

Imodoka Dj Brianne na Keza bari barimo yangiritse ariko bo nta kibazo gikomeye bagize.

Amakuru InyaRwanda ifite avuga ko Keza yagize ikibazo mu ivi mu gihe Dj Brianne we yagize ikibazo cy'umuvududuko ukabije (Pressure), bakaba bajyanwe kwa muganga i Muhanga ngo bakurikinabwe n'abaganga.

Impanuka yabereye mu Karere ka Nyamagabe aho DJ Brianne yari arimo kuva i Rusizi nyuma yo gucuranga mu mpera z’icyumweru gishize mu bitaramo yahuriyemo na DJ Sonia.


DJ Brianne yakoze impanuka ikomeye Imana ikinga akaboko


Ni impanuka yabereye mu Karere ka Nyamagabe



Imodoka yangiritse cyane ariko abarimo Imana yabarinze ntihagira uburiramo ubuzima





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND