RFL
Kigali

U Rwanda rugiye kwakira Inama Mpuzamahanga yiga ku kwihutisha amasezerano y'Isoko Rusange rya Afurika

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:8/10/2024 19:27
0


Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Ukwakira 2024 kugeza ku wa Gatanu tariki 11 Ukwakira, u Rwanda rwakira Inama y’ibihugu bihuriye ku Isoko Rusange rya Afrika (AfCFTA).



Iyi Nama Mpuzamahanga u Rwanda rugiye kwakira, izahuriza hamwe abikorera bo muri Afurika n’abo mu nzego zifata ibyemezo izwi nka ’Biashara Africa,’ igamije kwigira hamwe uburyo bwo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Isoko Rusange rya Afurika.

U Rwanda ruri mu bihugu bya mbere byasinye amasezerano ashyiraho Isoko Rusange rya Afurika mu mwaka wa 2018. Iri soko ryitezweho koroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa na serivisi ku Mugabane wa Afurika.

Ni muri urwo rwego rero, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yasabye abanyenganda gushyira imbaraga mu kongera umusaruro uzikomokaho kugira ngo babone ibyo bohereza ku Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika cyane ko umusaruro wazo ukiri muke ukaba utanahaza isoko ry’u Rwanda.

Minisitiri Sebahizi kandi, yavuze ko kuba u Rwanda ruri mu miryango nka Biashara Africa, ari bwo buryo bufasha igihugu gukora ubucuruzi n'abandi kandi bifasha mu gukurura ishoramari.

Yagize ati: “U Rwanda ni igihugu gito (umubare w’abaturage batuye u Rwanda), ntabwo duhagije kugira ngo umushoramari wese washaka kuzana amafaranga ye akore ubucuruzi cyangwa ibindi bikorwa by’iterambere muri iki gihugu, abone iryo soko rihagije. Tudafite isoko nk’iri ngiri twereka abashoramari, ntabwo twaba twihagije kugira ngo abashoramari baze mu gihugu.”

Igihe aya masezerano azaba ashyirwa mu bikorwa bizatuma igipimo cy’ubucuruzi hagati muri Afurika kizamuka kuko kiri kuri 16.6% nyamara uyu mugabane utuwe n’abakabakaba miliyari 1 na miliyoni 300.

Kugeza ubu ibihugu 54 kuri 55 bya Afurika byamaze gusinya amasezerano y’isoko rusange rihuza uyu mugabane, na ho ibihugu 48 byamaze kuyemeza burundu no kwiyemeza gutangira kuyashyira mu bikorwa ibizwi nka ‘ratification’. Ni mu gihe kandi ibihugu 8 birimo n’u Rwanda ari byo birimo gukorana ubucuruzi bushingiye kuri aya masezerano.


Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Prudence Sebazi yagaragaje akamaro ko kuba u Rwanda ruri mu miryango inyuranye ishingiye ku bukungu 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND