RFL
Kigali

MTN yatashye igikoni kigezweho yiyemeza kugaburira abanyeshuri 10,000 muri 'Dusangire Lunch'

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:7/10/2024 14:48
0


Sosiyete y'itumanaho ya MTN Rwanda yatashye igikoni kigezweho yubatse ku ishuri rya GS Bukure riherereye mu Karere ka Gicumbi, iboneraho no gutangaza ko yiyemeje gutera inkunga abanyeshuri 10,000 binyuze muri gahunda ya 'Dusangire Lunch.'



Nyuma y'amezi atatu bari mu bikorwa byo kubaka, MTN Rwanda yafunguye ku mugaragaro igikoni kigezweho yubatse ku kigo cy'amashuri cya GS Bukure. Biteganijwe ko iki gikoni kizajya kigaburira amafunguro yujuje intungamubiri abanyeshuri barenga 1,500, hakazamurwa imibereho myiza yabo ndetse bikabafasha no mu myigire.

Ibi, MTN Rwanda yabikoze igamije gushyigikira imyigire n'imikurire myiza y'abanyeshuri binyuze muri gahunda ngarukamwaka yayo ya Y'ello Care ifite intego igira iti: 'Iga uyu munsi, uyobore ejo: Uburezi ku baturage bo mu cyaro,' yatangijwe muri Kamena 2024.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe agaruka kuri iki gikorwa yagize ati: "Gahunda ya Y'ello Care itwemerera kwita ku baturage dukorera, ndetse kubaka iki gikoni ni umwe mu misanzu dushoboye gutanga. Ntabwo dushyigikiye sosiyete y'ubu gusa, ahubwo dushyigikiye ejo hazaza h'u Rwanda."

Mapula yakomeje avuga ko uburenzi ari inkingi ya mwamba muri MTN kuko bizera ko ari rwo rufunguzo rw'iterambere rirambye. Yakomeje agira ati: "Niyo mpamvu igikoni cyubatswe, kugira ngo cyongerere imbaraga ubwenge n'imibiri by'abayobozi bacu b'ejo hazaza."

Usibye kubaka igikoni, MTN Rwanda yiyemeje no kugaburira abanyeshuri 10,000 mu mwaka w'amashuri wa 2024-2025.

Muri Kamena 2024 ni bwo Mobile Money ifatanije na Minisiteri y'Ubuzima ndetse n'Umwarimu Sacco batangije gahunda ‘Dusangire Lunch’, hagamijwe ko abana bose bagerwaho n’ifunguro rya saa sita na cyane ko hari ababyeyi birengagizaga uruhare rwabo muri iyo gahunda.

MINEDUC igaragaza ko ababyeyi 35% badatanga umusanzu wabo muri gahunda ya leta yo kugaburira abana ku ishuri.

Inkunga yatanzwe muri ‘Dusangire Lunch’ inyuzwa muri Koperative Umwalimu SACCO ariko hakifashishwa n’uburyo bwa Mobile Money, aho utanga akanda *182*3*10#. Abanyeshuri barenga miliyoni 3,9 ni bo bagaburirwa ku mashuri.

Muri Nzeri uyu mwaka, nibwo Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko imaze gukusanya miliyoni 143 Frw muri gahunda yo kugaburira abanyeshuri ya ‘Dusangire Lunch’. Ni imibare MINEDUC yatangaje ibinyujije ku X, igaragaza ko ayo yemerewe muri rusange ari 315.212.372 Frw.

Iti “Turabashimira umusanzu wanyu muri gahunda ya Dusangire Lunch. Mu gihe gito gusa, mwatugeneye 315.212.372 Frw ndetse mumaze kutugezaho 143.282.372 Frw. Dukomeze dufatanye kubaka u Rwanda rw’ejo heza twifuza.”


MTN Rwanda yatanze umusanzu ukomeye mu gushyigikira imibereho myiza n'imyigire y'abanyeshuri

Ubwo batahaga ku mugaragaro igikoni kigezweho bubatse ku ishuri rya GS Bukure



MTN kandi yiyemeje kugaburira abanyeshuri 10,000 muri gahunda yo kugaburira abana ku ishuri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND