RFL
Kigali

Ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga byinjije miliyoni 541,1$

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:3/10/2024 12:26
0


Mu gihe Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente aherutse gutangaza ko muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu izageza mu 2029, amafaranga ava mu byoherezwa mu mahanga azikuba kabiri akagera kuri miliyari 7.3$, hatangajwe ko ibyo rwoherejwe mu gihembwe cya kabiri cya 2024 byazamutseho 14,67%.



Mu Gihembwe cya Kabiri cya 2024 ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga byinjije miliyoni 541,1$. Bikaba byarazamutseho 14,67% ugereranyije n'igihe nk'icyo mu mwaka wa 2023.

Ni mu gihe ibyo rwatumijeyo bifite agaciro ka miliyoni 1814,47 $, bikaba byarazamutseho 17,19% ugereranyije n'igihembwe cya 2 cya 2023.

Ubwo yagezaga gahunda y’imyaka itanu ya Guverinoma (NST2) ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi kuri uyu wa 9 Nzeri 2024, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yagaragaraje ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kwihagararaho mu myaka itanu iri imbere, ariko hakagabanywa icyuho hagati y’ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga n’ibyo rwoherezayo.

Yagagaragaje ko ibikorerwa mu Rwanda bizarushaho gutezwa imbere ku buryo bizajya bizamuka ku ijanisha rya 13% buri mwaka.

Ati: “Biteganyijwe ko agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga kazikuba inshuro ebyiri, kave kuri miliyari 3.3$ kagere kuri miliyari 7.3$. Intego yacu ni uko agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga ugereranyije n’ibitumizwayo kaziyongera kakava kuri 61% kakagera twari dufite mu 2023 maze kagere kuri 77% mu 2029.”

Dr Ngirente yagaragaje ko uko kwiyongera kuzagirwamo uruhare no kongera agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga harimo ibitunganyirizwa mu nganda, indabo, imbuto imboga n’ikawa n’icyayi.

Ati: “Biteganyijwe ko bizikuba inshuro zirenze ebyiri bikazava kuri miliyari 1.4$ maze bigere kuri miliyari 3.2$ nibura mu mwaka wa 2029.”

Yahamije ko hazakomeza guteza imbere ubuhinzi bw’ibihingwa ngengabukungu nk’ikawa, icyayi n’ibireti hibandwa ku gusazura ibiti by’ikawa bishaje no kugeza imbuto ku bahinzi hirya no hino mu gihugu.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka nabwo, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko ubucuruzi bw’ibyoherezwa mu mahanga bwazamutse nyuma y’icyorezo cya Covid-19, ku buryo mu myaka itatu ishize amafaranga byinjiza yikubye inshuro zirenga ebyiri, agera kuri miliyoni 1582$ (2019472042000 Frw) mu 2023.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagaragaje ko mu gihe cya Covid-19, ibyoherezwa mu mahanga byagabanyutse ku ijanisha rya 21% munsi ya zeru, ariko kubera ingamba zafashwe nyuma y’uko kigabanyije umurego byatumye ibyoherezwa hanze bihita byiyongera.

Yaragize ati: “Ingano y’ibyoherezwa mu mahanga yakomeje kuzamuka, nyuma yo gusubira inyuma ku kigero cya 21% munsi ya zeru mu gihe cya Covid-19, kuko indege ntizakoraga, ubucuruzi bwari bwahagaze ariko ubucuruzi bwagiye bugenda buzamuka.

Umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga wikubye inshuro zirenga gato ebyiri, uva kuri miliyoni 761 z’Amadorali ya Amerika mu 2020, ugera kuri miliyoni 1582 z’Amadolari ya Amerika mu mwaka wa 2023.”

Muri iyi myaka ibyatumijwe mu mahanga byakomeje kwiyongera, kuko agaciro kabyo kiyongereyeho 56.4%, kava kuri miliyari 2.2 z’Amadolari ya Amerika mu 2020, kagera kuri miliyari 4.2 z’Amadolari ya Amerika.

Icyuho hagati y’ibitumizwa mu mahanga n’ibyoherezwayo cyazamutse ku ijanisha rya 36%, kiva kuri miliyari 1.9$ mu 2020, kigera kuri miliyari 2.7$ mu 2023.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cya 2023, ubucuruzi bw’u Rwanda bwari bufite agaciro ka miliyoni 2 197$, bigaragaza inyongera ya 24.34% ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cya 2022.

Muri icyo gihembwe, ibyoherejwe hanze byari bifite agaciro ka miliyoni 484$, mu gihe ibyatumijwe mu mahanga byari bifite agaciro ka miliyoni 1 548$, mu gihe ibyatumijwe mu mahanga bikongera kugurishwa hanze y’u Rwanda byari bifite agaciro ka miliyoni 164$.

Muri gahunda ya leta y’imyaka irindwi yo kwihutisha iterambere NST1, ubuhinzi bwashyizwemo imbaraga, aho 2023 yasize u Rwanda rwinjije miliyoni 857,2$ mu (arenga miliyari 1125 Frw) yakomotse ku byoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, avuye kuri miliyoni 515,9$ mu 2017.

Mu bikomoka ku buhinzi n’ubworozi u Rwanda rwohereza, birimo ikawa, icyayi, ibireti, imboga n’imbuto, ibikomoka ku matungo nk’inyama, amata, amagi, amafi, n’ibindi biba byanatunganyijwe. Mu myaka irindwi ishize u Rwanda rwoherezaga hanze ibilo birenga miliyoni 27 by’icyayi, ibirenga miliyoni 20 by’ikawa n’ibilo birenga ibihumbi 23 by’ibireti, uwo musaruro ruwukuramo arenga miliyoni zirenga 161$.

Muri rusange ubukungu bw’u Rwanda buzajya buzamuka ku ijanisha rya 9.3% kugeza mu 2029, ubuhinzi bukazabigiramo uruhare ku rugero rwa 6, umusaruro ukomoka mu nganda uzabigiramo uruhare rwa 10%, urwego rwa serivisi ruzatanga umusanzu wa 10%.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND